Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wungirije wa UN

Mu nama mpuzamahanga yiga ku guteza imbere ishoramari ‘Global Gateway Forum’ ibera i Buruseri mu Bubiligi, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagiranye ibiganiro na Amina Muhammed, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (UN).

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente na Amina Muhammed wa Un, ibiganiro byabo byibanze ku gukomeza umubano mwiza w’u Rwanda n’uwo muryango, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa X rwahoze yitwa Twitter.

Mu myaka 61 u Rwanda rumaze mu Muryango w’Abibumbye, hari byinshi rwungukira mu mikoranire na wo.

U Rwanda rwemerewe kandi rwakirwa ku mugaragaro mu Muryango w’Abibumbye tariki ya 18 Nzeri mu 1962. Ni nyuma gato y’uko rwari rumaze kubona ubwigenge, tariki ya 1 Nyakanga 1962.

Uyu muryango ugira intego nyamukuru yo kwita ku mahoro n’umutekano mpuzamahanga, iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza by’abaturage, ndetse no guharanira uburenganzira bw’ikiremwa muntu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka