Minisitiri w’Intebe azagenderera Intara y’Uburengerazuba

Minisitiri w’Intebe, Habumuremyi Pierre Damien, kuri uyu wa kabili tariki 15 Gicurasi aratangira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y’Iburengerazuba.

Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangarije Kigali Today ko uruzinduko rwa Minisitiri w’intebe azarutangirira muri ako karere, aho ateganya gusura ibikorwa mu mirenge itandukanye mu masaha ya mbere ya sasita.

Nava i Karongi, Minisitiri w’Intebe azerekeza mu karere ka Rutsiro nyuma ya sasita, hanyuma akomereze mu karere ka Rubavu arareyo. Kuwa gatatu, Minisitiri w’Intebe azerekeza mu karere ka Nyabihu aho azifatanya n’abaturage n’abayobozi mu muganda uteganyijwe kuri uwo munsi.

Kigalitoday izabagezaho amakuru y’urwo ruzinduko.

Gasana Marcellin

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka