Minisitiri w’intebe asanga ibikorwa bya FPR bihesha abanyarwanda bose agaciro
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, asanga ibikorwa by’umuryango PFR-Inkotanyi bihesha Abanyarwanda bose agaciro, kuko buri gihe iba ishaka icyabateza imbere.
Yabitangarije abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu karere ka Musanze, ubwo bizihizaga imyaka 25 uyu muryango umaze ubayeho kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/12/2012.
Minisitiri Habumuremyi yifatanyije nabo mu kuremera umuryango umwe w’uwitwa Saidath Mukamutesi utuye mu murenge wa Kimonyi akarere ka Musanze.
Minisitiri Habumuremyi yavuze ko mu myaka 25 PFR-Inkotanyi imaze ibayeho, ibikorwa byayo byabaye urumuri rumurikira Abanyarwanda bose n’abatayirimo, bikagaragaza agaciro uyu muryango uha Abanyarwanda.

Minisitiri Habumuremyi akaba na komiseri mu muryango FPR Inkotanyi, yashimiye abanyamuryango bo mu karere ka Musanze batekereje kuremera uyu muryango w’uunyamuryango, bawubakira inzu ifite agaciro ka miliyoni 14.
Uwo muryango uteri wishoboye, ufite abana bagera kuri barindwi n’umugabo abana n’ubumuga.
Yaboneyeho gusaba umuryango waremewe guhera ku musingi wahawe maze ukiteza imbere, dore ko ubu bafite aho kuba, boroye banafite n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi babari inyuma bashobora inkunga iyariyo yose kugira ngo babashe kujya imbere.
Si ubwambere abanyamuryango ba FPR mu karere ka Musanze baremera imiryango, tariki 17/11/2012, abanyamuryango bagize urugaga rw’abagore rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru baremeye imiryango ituye mu mazu adahomye yo mu mirenge yegereye ibirunga muri Musanze.
Minisitiri w’Intebe kandi yaganiriye n’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu karere ka Musanze bamugaragariza aho uwo muryango wabavanye, nk’ uwitwa Nyirabahutu Sophia yerekana uburyo yavanywe muri Nyakatsi ubu akaba ari mu nzu y’ibati.
Minisitiri w’Intebe abibutsa ko bagomba kurushaho gukora cyane, kugirango ibyo bagezeho bitazasubira inyuma.
Jean Noel Mugabo
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
ese burya na MP ari muri FPR? ko numva ari ukwikubira muri democracy ra! President na PM bose mw’ ishyaka rimwe?