Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda akaba na komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, arasaba urubyiruko rwo muri FPR ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kurangwa n’umuco wo gushakira ibisubizo ibibazi gihugu gifite, aho kuba bamwe mu babitera.
Ibi minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yabibwiye abitabiriye amatora y’abahagarariye urubyiruko rw’umuryango FPR Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru yabaye kuri iki cyumweru tariki 17/11/2013.
Yagize ati: “Dukeneye urubyiruko rutekereza ku buryo budasanzwe. Dukeneye urubyiruko rushaka ibisubizo, ntabwo ari urubyiruko rutera ibibazo.”
Yaboneyeho kandi gukangurira urubyiruko ibyiza bya gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’, aho yabasabye kuyishyigikira, kugira ngo ibashe kugera ku ntego zayo, hagamijwe kubaka ejo hazaza heza h’igihugu kibereye buri Munyarwanda.
Yagize ati: “Iyi gahunda nimuyishyigikira ntakabuza izatsinda. Turashaka kuraga urubyiruko rwacu n’abazavuka ejo u Rwanda ruzira urwicyekwe, ivangura n’ ubukene. Tukagira igihugu cyiza abantu bose bifuza kubamo.”
Yongeyeho ko FPR Inkotanyi ifite intego yo guhindura u Rwanda vuba, ikihutisha iterambere, mu bukungu, mu burezi, ikoranabuhanga, imiyoborere myiza, mu mutekano, mu bumwe n’ubwiyunge ndetse n’ibindi, bityo n’urubyiruko rwo muri FPR Inkotanyi rukaba rukwiye kugendera iyi ntambwe mu buzima bwabo bwose.
Bosenibamwe Aimé, umuyobozi wa FPR Inkotanyi mu ntara y’Amajyarugugu anabereye guverineri yavuze ko urubyiruko rw’umuryango FPR n’urubyiruko rw’igihugu muri rusange rukwiye kuba umusemburo w’iterambere, kuko igihugu gifite urubyiruko rudakora kitatera imbere.
Ati: “Rubyiruko banyamuryango, munyemerere mbibutse ko ari mwebwe musemburo w’iterambere ryanyu n’igihugu cyanyu, kuko igihugu gifite urubyiruko rudakora rutatera imbere na gato. Mugomba guhora iteka mufata umwanya uhagije wo gutekereza aho muva n’aho mugana.”
Irakarama Justin, umuyobozi watowe ngo ayobore urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko nk’urubyiruko bagiye gushyira imbaraga mu kubaka igihugu dore ko hari abakoresheje imbaraga z’ubusore mu kugisenya.
Ati: “Imbaraga z’urubyiruko nizo u Rwanda ruhanze amaso. Tuzakoresha imbaraga zacu mu kubaka igihugu, cyane ko hari n’abazikoresheje bagisenya, twe icyo duharanira ni ukucyubaka, tunaharanira no kwiteza imbere muri rusange.”
Komite nyobozi y’urubyiruko rw’umuryango FPR ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru ni ubwa mbere itowe. Kuri uyu munsi kandi hakaba hatowe abagize urugaga rw’urubyiruko ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru.
Jean Noel Mugabo
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|