Menya ibisabwa kugira ngo ukoreshe ibizamini bya ‘ADN/DNA’ (Ibiciro)

Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera (Rwanda Forensic Laboratory), igiye kumara imyaka ibiri n’igice itangiye gutanga serivisi, ahanini zajyaga gusabwa mu bihugu by’amahanga bigatwara igihe kirekire, ikiguzi kinini n’ibindi byadindizaga itangwa ry’ubutabera bwihuse.

Imwe muri serivisi zitangirwa muri iyi laboratwari, ni ugupima isano muzi hagati y’abantu (ADN), inakoreshwa mu guhuza ibimenyetso n’ahabereye icyaha.

Iyi laboratwari yashyize ahagaragara ibintu bisabwa kugira ngo abifuza gukoresha ibizamini bya AND babikoreshe.

Mbere na mbere, hasabwa ibyangombwa biranga uwifuza gukoresha ikizamini cya AND, ni ukuvuga indangamuntu cyangwa pasiporo.

Abagomba gupimwa bose baza kuri laboratwari, bakuzuza inyandiko itanga uburenganzira bwo gupimwa kuri buri muntu.

Iyi laboratwari kandi ivuga ko itajya yakiri ibipimo byafatiwe hanze yayo, keretse gusa byafashwe n’umuhanga wabiherewe uburenganzira na yo.

Iyo umwe mu bapimwa ataruzuza imyaka y’ubukuru (18), bisaba ko haba hari ababyeyi be bombi, cyangwa se umurera byemewe n’amategeko.

Ikindi gisabwa rero ni urupapuro rwa banki rwishyuriweho ikiguzi cya serivisi, muri Banki ya Kigali.

Dore uko ibiciro bihagaze

Iyo hapimwa isano y’umubyeyi w’umugabo, icyo gihe hapimwa abantu batatu ari bo, se na nyina ndetse n’uwo mwana uri munsi y’imyaka 18.

Icyo gihe iyo ari ugukora isuzuma risanzwe rigaragaza ibisubizo nyuma y’ibyumweru bitandatu, hishyurwa amafaranga y’u Rwanda 267,035.

Naho iyo ari ugukora isuzuma ryihuse, rigaragaza ibisubizo nyuma y’iminsi itatu, hishyurwa amafaranga y’u Rwanda 428,000.

Iyo hapimwa isano iyo ari yo yose ku bapimwa barengeje imyaka 18, nibura hapimwa abantu babiri.

Iyo ari ugukora isuzuma risanzwe rigaragaza ibisubizo nyuma y’ibyumweru bitandatu, hishyurwa amafaranga y’u Rwanda 178,020, naho iyo ari isuzuma ryihuse rigaragaza ibimenyetso nyuma y’iminsi itatu, hakishyurwa amafaranga y’u Rwanda 285,290.

Iyo hari undi muntu wese ukenewe kongerwa ku bapimwa mu masano yavuzwe haruguru, icyo gihe iyo ari ugukora isuzuma risanzwe hishyurwa amafaranga y’u Rwanda 89,010, naho ryaba ari isuzuma ryihuta, hakishyurwa amafaranga y’u Rwanda 142,645.

Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera ariko, yibutsa ko iyi serivisi idakoresha ubwishingizi ubwo ari bwo bwose.

Iyo umaze guhitamo ubwoko bw’isuzuma ukeneye, usaba nomero ya konti ukishyura, ubundi ukabona guhabwa serivisi.

Ibitekerezo   ( 22 )

Muraho neza? Nonese byashoboka ko njye n’umwana na madam twaza mukadupima gusa tukishyura nta nzego zubuyobozi zitwohereje, ndavuga gupimisha DNA. Murakoze

Alias yanditse ku itariki ya: 15-04-2025  →  Musubize

Umwaka mushya muhire nagirango munsobanurire papa yarapfuye ese byakundako mupima isano jyewe namukuru wa papa mukamenya isano ririhagati yajyenawe gusa we ntiyabyemeta

Musabyimana Violette yanditse ku itariki ya: 16-01-2025  →  Musubize

Nanjye mfite ikibazo hari umukobwa wangeretseho umwana , none ubwo tuje njyewe nuwomwana ntago mwaduha service .murakoze!!

Steven yanditse ku itariki ya: 23-12-2024  →  Musubize

Mfite umukobwa afite imyaka 20 ashidikanyako ndise tuje turi babiri mwatwemerera kudupima,? Murakoze

Alice yanditse ku itariki ya: 29-05-2024  →  Musubize

Mfite umukobwa afite imyaka 20 ashidikanyako ndise tuje turi babiri mwatwemerera kudupima,? Murakoze

Alice yanditse ku itariki ya: 29-05-2024  →  Musubize

Ikibazo:
Gupima DNA y’abantu 2 bikekwako baba basangiye umubyeyi umwe bashaka kureba ko hari Aho bahuriye bisabwe n’urwego runaka ariko umwe muribo akaba atabishaka icyo gihe bigenda gute?

Kabanda yanditse ku itariki ya: 3-05-2024  →  Musubize

Muduhaye number twabarizaho ibindi byadufasha

Musinguzi yanditse ku itariki ya: 29-04-2024  →  Musubize

Mwiriwe neza rwose reta yacu y’Urwanda turayishimira kudahwema gushakira abaturage bayo ibisubizo byibibazo byabo icyifuzo narimfite nuko bareba kubantu batishoboye Kandi baba bakeneye iyo service bakaba bagabanya igiciro cyo gukoresha DNA 🧬 mwadufasha bishotse mwaduha number twabarizaho ibindi bisobanuro kuri email yange murakoze cyane amahoro y’Imana nabane namwe

Alias yanditse ku itariki ya: 28-03-2024  →  Musubize

Mwiriwe neza rwose reta yacu y’Urwanda turayishimira kudahwema gushakira abaturage bayo ibisubizo byibibazo byabo icyifuzo narimfite nuko bareba kubantu batishoboye Kandi baba bakeneye iyo service bakaba bagabanya igiciro cyo gukoresha DNA 🧬 mwadufasha bishotse mwaduha number twabarizaho ibindi bisobanuro kuri email yange murakoze cyane amahoro y’Imana nabane namwe

Alias yanditse ku itariki ya: 28-03-2024  →  Musubize

Namahoro, jyewe mfite ikibazo nifotoreje kukabindi igihe cyokuza kubaza ko irangamuntu yasohotse bambwira ngo ntabwo yasohoka ntagiye kwipimisha amaraso, ngo kubera mama ar’umurundi papa ar’umunyarwanda rero kubaho mugihugu cyanjye atarangamuntu mfite n’ikibazo gikomeye kandi tunageze nomugihe cyokwitegurira amatora ntandangamuntu nibibazo pe kandi nanjye nakagombye mubazatora, sawa murakoze

Ndayisenga Eric yanditse ku itariki ya: 24-11-2023  →  Musubize

Turabashimira kuri service nziza mwazanye hano mu rwanda yarikenewe na benshi gusa irahenze cyane pe, numva mwagabanya ibiciro cyane, kuko abacyeneye ino service abenshi ntibaba bishoboye ibyo bigatuma batayibona. mugabanyije ibiciro cyane mwabona umubare mwinshi cyane wabashaka gupimisha.

THEOPHILE TUYISHIME yanditse ku itariki ya: 25-08-2023  →  Musubize

Namahoro, jyewe mfite ikibazo nifotoje kukabindi ariko iyo ngiye kubaza ko irangamuntu yasotse bambwira ngo bisaba ko njya kwipimisha amaraso ngo kubera mama ar’umurundi papa ar’umunyarwanda uretse ko papa yapfuye nukuri ndashaka mumfashe irangamuntu isohoke kubera ko ntabwo nshimishwa nokuba mugihugu cyanjye atarangamuntu mfite, murakoze

Ndayisenga Eric yanditse ku itariki ya: 24-11-2023  →  Musubize

Rwose turabashimira kubw’amakuru nkaya muba mwadushakiye. Ariko Kandi mudukorere ubuvugizi ibiciro bigabanuke kuko hari benshi bashidikanya kubana bagenda bavuka kubw’ikibazo cyo gucana inyuma kw’abashakanye.
Murakoze

Hitimana Evariste yanditse ku itariki ya: 18-06-2023  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka