Menya ibikubiye muri Sitati nshya igenga urwego rwa DASSO
DASSO nk’Urwego rw’umutekano rwunganira Akarere, muri Sitati nshya y’urwo rwego nk’uko ishyirwaho na Minisitiri w’Intebe, hari bimwe byahindutse mu rwego rwo gufasha urwo rwego kurushaho kunoza imikorere.

Ni Sitati igaragaza ko abagize DASSO ari abakozi b’Akarere, aho bagiye kujya bagendera ku masezerano y’akazi ya burundu, aho atakiri igihe cy’imyaka itanu nk’uko byari bisanzwe, abagize urwo rwego kandi bakazajya bakorerwa isuzuma nk’abandi bakozi mu kuzuza inshingano.
Imishahara ya DASSO hari aho yarutanaga bitewe n’ubushobozi bw’uturere n’uburyo barutana mu mapeti, ariko iyi Sitati igena ko aba DASSO bose bari ku rwego rungana, aho bazajya bahabwa umushahara umwe, uretse abazajya bashyirwa ku myanya y’ubuyobozi bazajya bahabwa imishahara ijyanye n’urwego rw’ubuyobozi bahawe. Umu DASSO wakuwe ku mwanya w’ubuyobozi, asubizwa ku rwego rw’abandi.
Mu zindi ngingo zavuguruwe, mu bisabwa kugira ngo umuntu yemererwe kwinjira muri DASSO, harimo imyaka yo kwinjira muri urwo rwego, aho iri gahati ya 18 na 25, mu gihe mbere yari hagati ya 25 na 35, imyaka yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nayo ikaba yongerewe iva kuri 50 ishyirwa kuri 55.
Uwemerewe kandi kwinjira muri DASSO, nk’uko bisanzwe agomba kuba ari Umunyarwanda, afite ubushake, kuba indakemwa mu mico n’imyifatire, kuba atarigeze afungwa mu gihe cy’amezi atandatu.
Agomba kandi kuba atarigeze yirukanwa mu bakozi ba Leta, akaba afite n’impamyabushobozi y’amashuri atandatu yisumbuye cyangwa iyo binganya agaciro, n’ibindi.
Amahugurwa ategurwa ndetse akanakoreshwa na Polisi y’u Rwanda, ifatanyije na Komite Nyobozi y’Akarere, mu gihe Minisiteri ifite DASSO mu nshingano ariyo iy’Ubutegetsi bw’Igihugu ( MINALOC), ikurikirana imigendekere y’amahugurwa.
Mu gihe kandi DASSO yakoraga kugeza ku rwego rw’imirenge, ubu izajya ikora kugera ku rwego rw’Akagari bitewe n’ubushobozi bw’Akarere.
Iyo Sitati yashimishije bamwe mu ba DASSO na bamwe mu Banyarwanda muri rusange, aho bavuga ko izo mpinduka hari icyo zifasha mu kurushaho kunoza inshingano z’aba DASSO.
Twagirimana Jean Népomuscène, yagize ati “Ni byiza cyane kuba mwongeye gutekereza urwego rwa DASSO, mu by’ukuri baradufasha cyane. Hakurikiranwe ko ibyo amategeko abagenera byubahirizwa mu turere twose”.
Uwitwa Murara, ati “Mwakoze cyane Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, igihe cyari kigeze ngo muvugurure imikorere ya DASSO, bongerwe imbaraga n’amahugurwa”.
Undi ati “Aba DASSO baradufasha, byari bikwiye ko bafashwa kuvugurura imikorere yabo, mwakoze cyane kubatekerezaho”.
Urwego rwa DASSO rwasimbuye urwari Local Defence muri 2014, aho icyiciro cya mbere cy’abagize DASSO cyarangije gutorezwa mu Ishuri rya Polisi i Gishari, ku itariki ya 22 Kanama 2014, mu mahugurwa yamaze amezi atatu.
Ni nyuma y’uko itsinda rya mbere ryitabiriye iyo myitozo ya DASSO ku itariki 30 Gicurasi 2014, aho ryari rigizwe n’abantu 2181, barimo ab’igitsina gore 229.
Ohereza igitekerezo
|
Nigute nakora application muri Dasso mumfashe
Amahoro yimana nababe namwe ko nange nari fite ikibazo mwafasha kumenya igihe dasso izangaja
Muraho neza turabashimiye ariko iyo masks ni micye pe25 byibuze mugire nka28 ese ningombwa uwize HEG gusa murakoze cyane.
Murakoze kuduha status za dasso nabazaga ese ko hari abantu bakoze amahugurwa y’amezi 3 muri company ya security baba bafite na certificate ntago mwabafasha mukaborohereza kumyaka mwafatiyeho bakabasha kwinjira muri dasso ko bafite na diployme ark imyaka bakaba barengejeho nkimyaka 2 cg 3? Murakoze
Mwiriwe neza mukomeze mutubarize kuva sitati shya yasohoka hubahirijwe bimwe ibindi nibyubahirizwa urugero nkimishahara nacyakozwe
Mwiriwe neza mukomeze mutubarize kuva sitati shya yasohoka hubahirijwe bimwe ibindi nibyubahirizwa urugero nkimishahara nacyakozwe
Murakoze
Nskaka kwinjira mu rwego rwa daso
Pfite ikibibazo gikomeye cyane BIBAYE BYIZA MWAMPAMAGARA 0798700451
0737224400
Imyaka mwafatiyeho nimike.mwongeho niba bishoboka
Imyaka mwafatiyeho nimike.mwongeho niba bishoboka
Amakuru yanyu nonex mwatubarije impampu iyi status itubahirizwa
Amakuru yanyu nonex mwatubarije impampu iyi status itubahirizwa