Maj Gen Albert Murasira muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (Byinshi ku mpinduka muri Guverinoma)

Mu mpinduka zabaye mu bagize Guverinoma ku itariki 22 Kanama 2023, Maj Gen Albert Murasira yahawe inshingano zo kuyobora Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA.

Maj Gen Albert Murasira
Maj Gen Albert Murasira

Maj. Gen Albert Murasira yahawe kuyobora Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), nyuma y’uko mu myaka ishize yari ayoboye Minisiteri y’Ingabo, umwanya yavuyeho ku itariki 7 Kamena 2023 asimbuwe na Minisitiri mushya w’iyo Minisiteri, Juvenal Marizamunda.

Maj Gen Murasira agizwe Minisitiri wa MINEMA asimbuye kuri uwo mwanya Kayisire Marie Solange wari umaze igihe ayobora iyo Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, mu gihe Kayisire Marie Solange we yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Maj Gen Murasira ahawe kuyobora Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi mu gihe imaze iminsi ihanganye n’ibibazo bitandukanye birimo icy’ibiza byibasiye ibice bitandukanye by’Igihugu muri Gicurasi 2023 bihitana abantu 131, bisenya inzu zigera ku 5598, bisiga hari abantu benshi badafite aho baba ndetse n’indi mibereho isanzwe igoranye kuko Ibiza byatwaye ibyabo byose.

Hari kandi n’ibibazo birimo kwimura abantu batuye mu manegeka cyangwa se ahantu hashyira ubuzima mu kaga, kuko n’ubundi bivugwa mu iteganyagihe ko imvura ishobora kuzongera kugwa mu bihe biri imbere, bityo abantu bakaba bakwiye kwitegura, birinda ko hazabaho ibindi biza.

Dr Uwamariya Valentine
Dr Uwamariya Valentine

Mu zindi mpinduka zabayeho nk’uko bikubiye mu itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri, ni uko Dr Uwamariya Valentine yahawe kuyobora Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, mu gihe yari asanzwe ari Minisitiri w’Uburezi. Agiye kuri uwo mwanya asimbura Prof. Bayisenge Jeannette.

Prof Bayisenge Jeannette wari Minisitiri w'Uburinganire n'Umuryango yagizwe Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo, asimbuye Madamu Rwanyindo Kayirangwa Fanfan
Prof Bayisenge Jeannette wari Minisitiri w’Uburinganire n’Umuryango yagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, asimbuye Madamu Rwanyindo Kayirangwa Fanfan

Prof Bayisenge Jeannette yagizwe Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu gihe yari amaze iminsi ayobora Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango.

Twagirayezu Gaspard wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n'Ayisumbuye muri Minisiteri y'Uburezi, yagizwe Minisitiri w'Uburezi (Aha yari mu kiganiro kuri KT Radio)
Twagirayezu Gaspard wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi, yagizwe Minisitiri w’Uburezi (Aha yari mu kiganiro kuri KT Radio)

Bwana Twagirayezu Gaspard yagizwe Minisitiri w’Uburezi, asimbuye Dr Uwamariya Valentine kuri uwo mwanya.

Kayisire Marie Solange
Kayisire Marie Solange

Madamu Kayisire Marie Solange yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, mu gihe yari asanzwe ayobora Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi.

Jeanine Munyeshuli
Jeanine Munyeshuli

Madamu Jeanine Munyeshuli yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN ushinzwe ishoramari rya Leta no kwegeranya imari.

Eric Rwigamba
Eric Rwigamba

Bwana Eric Rwigamba, yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi, naho Dr Claudine Uwera agirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibidukikije.

Sandrine Umutoni
Sandrine Umutoni

Madamu Sandrine Umutoni yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko, naho Madamu Irere Claudette yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi , Maj Gen (Rtd) Dr Charles Rudakubana agirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Angola. Naho Madamu Margaret Nyagahura agirwa Ambasaderi uhagarariye u Rwanda muri Hongiriya.

Ingabire Assumpta wari muri MINALOC yagizwe Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera umwana
Ingabire Assumpta wari muri MINALOC yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera umwana

Madamu Assumpta Ingabire yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera umwana, cyayoborwaga na Madamu Nadine Gatsinzi Umutoni.

Nadine Gatsinzi Umutoni
Nadine Gatsinzi Umutoni

Madamu Nadine Gatsinzi Umutoni we yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere (GMO) asimbuye Rose Rwabuhihi.

Inkuru bijyanye:

Impinduka muri Guverinoma

Minisiteri y’Ishoramari rya Leta yakuweho

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka