Madamu Jeannette Kagame yasabye abagore bifite kuzamura abakiri hasi

Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye abagore gukoresha ububasha n’imbaraga bahawe mu kuzamura iterambere ry’abagore, by’umwihariko abakiri inyuma mu bikorwa by’iterambere n’abakitinya.

Yabibasabye mu ijoro ryo kuri uyu wa 08 Werurwe 2016, mu gitaramo cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, cyateguwe n’Ihuriro ry’Abagore b’abayobozi bari muri Guverinoma, abayihozemo n’abo bashakanye “Unity Club – Intwararumuri”.

Madamu Jeannette Kagame yasabye abagore bamaze gutera intambwe gushyigikira abakiri hasi.
Madamu Jeannette Kagame yasabye abagore bamaze gutera intambwe gushyigikira abakiri hasi.

Muri iki gitaramo, Madamu Jeannette Kagame yasabye abagore gukoresha amahirwe yo kuba bafite umubare munini mu nzego zitandukanye zifata ibyemezo n’amategeko abarengera, bikabafasha kuzamura iterambere ryabo ari na ko bazamura abakiri hasi.

Yagize ati ”Ntidukwiye kwirara kuko dufite ubushake bwa politiki, ko twahawe byose; ahubwo dukoreshe imbaraga twahawe tuzamura abakiri hasi.”

Yabasabye gukomeza gufatanya kugira ngo ishoramari rigere ku mugore wo ku rwego rwo hasi, na we amenye gukora imishinga, bityo iterambere rigere kuri buri Munyarwanda.

Yagize ati ”Abagore bagifite intege nke bafashwe kuzamuka, bagezweho ubumenyi n’ubundi bushobozi buboneka mu gihugu cyacu.”

Madamu Jeannette Kagame ari kumwe n'abandi bayobozi bakuru mu gitaramo.
Madamu Jeannette Kagame ari kumwe n’abandi bayobozi bakuru mu gitaramo.

Agaruka ku mibare y’iterambere ry’uburinganire, Madame Jeannette Kagame yavuze ko igaragaza ko u Rwanda rugeze ahashimishije ariko hakiri abakitinya mu bikorwa ubusanzwe byitirirwa ko ari iby’abagabo nk’ikoranabuhanga.

Ibi byatumye atanga ihurizo ku bagore bose ryo kumenya impamvu y’imbogamizi zikigaragara mu iterambere ry’umugore no kuzirandura, bahindura imyumvire, banumva vuba impinduka.

Yagize ati ”Dukwiye kuzirikana ko kugira ngo tuzagere ku buringanire busesuye, tugomba kwemera guhindura imyumvire yacu kuva ku bato kugeza ku bakuru, ntituzitwaze za nshingano umuco waduhaye.”

Ba Minisitiri Agnes Binagwaho na Valentine Rugwabiza bari banezerewe.
Ba Minisitiri Agnes Binagwaho na Valentine Rugwabiza bari banezerewe.

Muri iki gitaramo cyabaye ku nshuro ya gatatu, abagore bafashe ingamba zo guteza imbere ubushobozi bw’umugore mu by’ubukungu n’imari, bakigisha abakiri bato kwizigamira.

Aba bagore kandi biyemeje gusigasira ibyo u Rwanda rumaze kugeraho, bashyira imbaraga mu kuzamura abakiri bato.

Byageze igihe, bacinya n'akadiho.
Byageze igihe, bacinya n’akadiho.

Insanganyamatsiko y’iki gitaramo ngarukamwaka yagiraga iti “Twimakaze ihame ry’uburinganire, turushaho guteza imbere umugore.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

madame kagame azadusura .ibugeseraryari.murakoze

Twagirumukiza.J.Poul yanditse ku itariki ya: 13-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka