Madamu Jeannette Kagame agiye guhemba Inkubito z’Icyeza

Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 mu guteza imbere uburezi bw’umwana w’umukobwa, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, Madamu Jeannette Kagame arahemba abanyeshuri 123 batsinze neza kurusha abandi mu mwaka w’amashuri wa 2023/2024, barangije amashuri abanza, icyiciro rusange n’ayisumbuye.

Madamu Jeannette Kagame agiye guhemba Inkubito z'Icyeza
Madamu Jeannette Kagame agiye guhemba Inkubito z’Icyeza

Ni umuhango ugiye kubera mu Karere ka Gasabo mu Ntare Arena, aho abanyeshuri bagize icyiciro cya 20 cy’Inkubito z’Icyeza ari abakobwa 471, baturutse mu gihugu hose, 123 bahize abandi muri bo, nibo bagiye guhembwa na Madamu Jeannette Kagame abandi bakazashyikirizwa ibihembo byabo ku bigo by’amashuri byabo.

Inkubito y’Icyeza ni gahunda y’Umuryango Imbuto Foundation yatangijwe na Madamu Jeannette Kagame mu 2005, hagamijwe gushimira abana b’abakobwa baba batsinze neza ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri abanza kugeza ku yisumbuye.

Muri iyi gahunda ngarukamwaka, Imbuto Foundation hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, batanga ibihembo ku bakobwa babaye indashyikirwa baturutse hirya no hino mu gihugu.

Bahabwa ibihembo bitandukanye birimo ibikoresho by’ishuri no guhabwa amahugurwa mu bijyanye n’ikoranabuhanga ku barangije amashuri yisumbuye.

Muri gahunda y’uyu mwaka yo guhugura no gufasha abanyuze muri iyo gahunda, abakobwa n’abagore b’Inkubito z’icyeza basabwe kubyaza umusaruro amahirwe bahura na yo, kugira amahitamo mazima, inshuti nziza ndetse no guharanira gukorera ku ntego.

Basabwe kubyaza umusaruro amahirwe Igihugu cyashyizeho ndetse no kugendera ku buzima bufite intego mu rwego rwo guharanira iterambere ryabo n’iterambere ry’Igihugu muri rusange.

Muri rusange kuva mu 2005, abakobwa barenga ibihumbi birindwi nibo bamaze guhembwa na Imbuto Foundation binyuze muri gahunda yayo yo guhemba abakobwa bitwaye neza kurusha abandi mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza, icyiciro rusange n’igisoza amashuri yisumbuye.

Muri uyu mwaka imbuto Foundation yahembye abana 471 batsinze mu byiciro bitandukanye by’amashuri, bari kwiga mu mashuri atandukanye mu gihugu, mu gihe mu mwaka ushize hari hahembwe 951.

Ubusanzwe muri iyi gahunda Imbuto Foundation ihemba abakobwa batsinze neza mu kizamini gisoza amashuri abanza, hagahebwa umwana umwe wahize abandi mu murenge, bigakorwa mu mirenge 416 igize igihugu.

Hahembwa kandi umwana wahize abandi muri buri karere uba urangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu turere mirongo itatu tugize igihugu.

Hagahembwa n’abana b’abakobwa batanu bahize abandi kuri buri Ntara n’Umujyi wa Kigali, ibyumvikana ko bangana na 25.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka