Madame Jeannette Kagame ntiyifuza ko hari ucikanwa n’impinduramatwara zazanywe n’ikoranabuhanga

Madame Jeannette Kagame atangaza ko abagore n’abagabo bakwiye kugerwaho n’impinduka zazanywe n’ikoranabuhanga, kugira ngo bose bagire uruhare rwo kubaka umuryango.

Madame Jeannette Kagame avuga ko abantu bose bakwiye kugerwaho n'impinduramatwara zazanywe n'ikoranabuhanga
Madame Jeannette Kagame avuga ko abantu bose bakwiye kugerwaho n’impinduramatwara zazanywe n’ikoranabuhanga

Yabitangaje mu ijambo ryo gutangiza ibiganiro by’abagore mu ikoranabuhanga "Women Summit", mu nama ya Transform Africa iteraniye i Kigali kuri uyu wa gatanu tariki 12 Gicurasi 2017.

Yagize ati "Twese hamwe dukore ku buryo nta wusigara inyuma muri izi mpinduramatwara zazanywe n’ikoranabuhanga , kuko zifite ubushobozi bwo gufasha imiryango yose, ikanazamura imibereho ya benshi ku isi."

Yasabye abitabiriye iyi nama ya Transform Africa gukorera ikoranabuhanga ubuvugizi, rigafatwa nka kimwe mu bikoresho biteza imbere uburinganire.

Yatanze urugero rw’u Rwanda twatangije gahunda ya mudasobwa kuri buri mwana "One laptop per Child", kuri ubu imaze gutanga mudasobwa ku bana bagera ku bihumbi 270.

Yavuze kandi ko, u Rwanda, rurangajwe imbere na Perezida Kagame, rwiyemeje gukuraho intera iri hagati y’abakobwa n’abahungu bitarenze umwaka wa 2020.

Abantu batandukanye bari mu nama ya Transform Africa
Abantu batandukanye bari mu nama ya Transform Africa

Minisitiri w’Umuryango n’Uburinganire (MIJEPROF), Esperance Nyirasafari, yavuze ko kugira ngo ibyaganiriweho muri iyi nama byubahirizwe hagomba kubaho ubukangurambaga no guha abakobwa amahirwe.

Ati "Hakwiye kubaho guha bose amahirwe, guhugura abakobwa n’abagore bafite ubumuga no guhanahana ubumenyi."

Muri iryo huriro ry’abagore kandi hahembwe umukobwa wahize abandi mu ikoranabuhanga mu marushanwa ya Miss Geek Africa, abaye ku nshuro ya mbere, kuko ubusanzwe ryari irushanwa rya Miss Geek mu Rwanda gusa.

Abayobozi batandukanye hamwe n'abakobwa bahataniraga Miss Geek
Abayobozi batandukanye hamwe n’abakobwa bahataniraga Miss Geek

Ruth Waiganjo wo muri Kenya niwe wegukanye igihembo cya mbere aza akurikiwe n’Abanyarwanda babiri, Leah Akimana waje ku mwanya wa kabiri na Delphine Micomyiza waje ku mwanya wa gatatu.

Ruth Waiganjo wo muri Kenya yegukanye umwanya wa mbere muri Miss Geek
Ruth Waiganjo wo muri Kenya yegukanye umwanya wa mbere muri Miss Geek
Leah yegukanye umwanya wa kabiri muri Miss Geek
Leah yegukanye umwanya wa kabiri muri Miss Geek
Micomyiza Delphine niwe waje ku mwanya wa gatatu muri Miss Geek
Micomyiza Delphine niwe waje ku mwanya wa gatatu muri Miss Geek
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka