Leta izahanga imirimo miliyoni 1.5 mu myaka irindwi iri imbere

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente atangaza ko mu rwego rwo gushakira imirimo urubyiruko n’abagore hagiye guhangwa imirimo myinshi izabaha amafaranga.

Minisitiri w'Intebe Dr. Ngirente Edouard ahamya ko mu myaka irindwi iri imbere mu Rwanda hazahangwa imirimo irenga miliyoni
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard ahamya ko mu myaka irindwi iri imbere mu Rwanda hazahangwa imirimo irenga miliyoni

Yabitangarije Abanyarwanda ubwo yari mu Nteko ishinga amategeko ku gicamunsi cyo ku wa kabiri tariki ya 26 Nzeli 2017, ubwo yasobanuraga gahunda guverinoma ayoboye izibandaho mu myaka irindwi iri imbere.

Agira ati “Tugiye gushyira imbaraga mu guhanga imirimo itanga amafaranga nibura miliyoni n’igice kandi igomba kuboneka mbere ya 2024.”

Akomeza avuga ko iyo mirimo izahangwa, abo izaba igenewe cyane ari urubyiruko n’abagore, kandi ikazagezwa muri buri mudugudu wo mu Rwanda.

Ati “Muri buri mudugudu, hazashyirwaho gahunda yo guteza imbere guhanga imirimo hashyirwaho nibura umushinga umwe w’icyitegererezo ubyara inyungu.”

Ku buryo bwihariye ngo mu Mujyi wa Kigali hazashyirwaho ahantu hihariye hazafasha Abanyarwanda n’abanyamahanga bafite impano zihariye kurushaho guhanga ibishya.

Aho hantu hihariye muri Kigali hahawe inyito ya "Kigali Innovation City", hazaba haherereye ahagenewe inganda hazwi nka "Kigali Special Economic Zone".

Ikindi ngo hazibandwa ku guteza imbere imijyi yunganira Kigali kandi nayo izashyirwamo ibikorwa bitanga akazi n’amafaranga.

Abayobozi b'inteko ishinga amategeko imitwe yombi bakira minisitiri w'Intebe Dr Ngirente
Abayobozi b’inteko ishinga amategeko imitwe yombi bakira minisitiri w’Intebe Dr Ngirente

Imwe mu mirimo izahangwa izaturuka mu nganda

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yavuze ko muri uwo mugambi wo kubonera Abanyarwanda akazi hazubakwa inganda.

Yatanze urugero avuga ko hashingwa uruganda rukora imiti, uruganda rukora inzitiramibu n’uruganda rukora ifumbire.

N’izindi nganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi nk’amabati, amakaro n’ibyuma, uruganda rukora ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa n’izisanzwe zizongererwe ubushobozi.

Ibyo bikorwa byose bikubiye muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi yo kuva muri 2017-2024.

Abagize inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena n'uw'abadepite bateze amatwi gahunda za leta
Abagize inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena n’uw’abadepite bateze amatwi gahunda za leta

Minisitiri w’Intebe yatangaje ko kugira ngo ibyo bigerweho, bizashingira ku bufatanye bw’inzego zinyuranye, zaba iza Leta, abikorera, imiryango itari iya Leta, Sosiyete Sivile, Amadini n’Amatorero, ndetse n’abaturage ubwabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Turabashimiye nyakubahwa Minister.
Ariko ntibizahere mumvugo nka 20000 yavuzwe ubushize.gusa gahunda nyishi mu bihugu bikennye cyanecyane u Rwanda, Leta ivuga imishinga ngo abaturage bishime, ishyirwa mubikorwa rikabura.
Iterambere ridashingiye k’ ubukungu naryo rimaze gusiga imbaga nyamwishi rikiza bake bazwi n’ ubuyobozi bukuru gusa.
Twihangane kuko wasanga ari bimwe ngo ibyo wasezeranije abaturage sibyo bifite agaciro ahubwo bumve ibyuvuga ubu kugirango bagukurikire(the Prince by Nicola marciacelly)

Vincent yanditse ku itariki ya: 1-10-2017  →  Musubize

Dear all narimfite imishinga ibiri ariko sinzi ukuntu umuntu yabona inkunga ubwo nibibangombwa muzaduhamagara tubagezeho iyo mishanga yacu dufite
Murakoze

joe yanditse ku itariki ya: 27-09-2017  →  Musubize

mwaramutse,hari Amakuru mwatangaje ejo ko urubyuruko rwa karongi nahandi rwategura imishinga yubuhiza bugaterwa inkunga na leta none twifuzaga kumenya neza aho umuntu yabariza ayo makuru yinkunga abaye afite umushinga wubuhinzi yateguye murakoze.

fred yanditse ku itariki ya: 27-09-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka