Kwandikisha abana bakivuka mu bitabo by’irangamimerere bikorewe kwa muganga ni igisubizo ku bajyaga bacikanwa

Hashize igihe kiri hagati y’ukwezi kumwe n’amezi atanu, mu bigo nderabuzima byo mu Karere ka Musanze, amwe mu mavuriro yigenga n’ibitaro bikuru bya Ruhengeri, atangiye gutanga serivisi zijyanye n’irangamimerere.

Iyi gahunda yo kwandika abana bakivuka mu bitabo by’irangamimerere no kwandukuza abapfiriye kwa muganga mu gihe banditswe mu bitabo by’irangamimerere, aba baturage babibonamo igisubizo cyo guhabwa izi serivisi ku gihe.

Kuba umwana amara kuvuka agahita yandikwa mu irangamimerere ngo ni iby'agaciro haba ku mwana, ku mubyeyi no ku gihugu
Kuba umwana amara kuvuka agahita yandikwa mu irangamimerere ngo ni iby’agaciro haba ku mwana, ku mubyeyi no ku gihugu

Uwitwa Uwizeyimana wandikishije umwana we ubwo yari amaze kubyarira kwa muganga yagize ati: “Nabyariye kwa muganga, marayo umunsi umwe nitabwaho n’abaganga, mbere y’uko bansezerera bansaba kubanza kwandikisha umwana mu irangamimerere. Byaranejeje kubona narasezerewe n’ibitaro mfite uruhinja rwamaze kwandikwa mu irangamimerere bitansabye kuzamujyana ku murenge, aho nashoboraga kwirirwa ntonze umurongo. Ni gahunda nziza cyane, twishimira twe nk’ababyarira kwa muganga, kuko ituruhura za ngendo abantu bashoboraga gukora bajya kwandikisha umwana mu nzego z’ibanze”.

Mu Karere ka Musanze, serivizi z’irangamimerere zijyanye no kwandika abana bavuka no gukura mu bitabo by’irangamimerere abapfuye, zitangirwa mu bigo nderabuzima byaho byose uko ari 16 bihabarizwa, amavuriro abiri yigenga n’ibitaro bikuru bya Ruhengeri .

Buri kigo gitanga serivisi z’ubuvuzi muri ibi, gifite umwanditsi w’irangamimerere wabihuguriwe, anarahirira kuzuza izo nshingano uko bikwiye. Ni na we ufite ububasha bwo kwandika mu bitabo by’irangamimerere akoresheje ikoranabuhanga.

Dr Bihonda Nestor ukuriye ivuriro ryigenga ryitwa Prominibus, riri mu Karere ka Musanze, asobanura uburyo bikorwamo, yagize ati: “Umwanditsi w’irangamimerere ajya muri sisiteme y’irangamimerere mu buryo bw’ikoranabuhanga, akinjizamo amakuru n’umwirondoro w’umwana wavutse, noneho agahabwa nomero ajyana ku bakozi b’urubuga rw’Irembo, nk’uko n’izindi serivisi zaho zose zikorwa, bashingira kuri iyo nomero, bujujemo amakuru yose asabwa, agahabwa icyangombwa cy’irangamimerere cy’umwana. No ku muntu wapfiriye kwa muganga mu gihe asanzwe yanditswe mu irangamimerere, ni iyo nzira bicamo kugira ngo abantu be babone icyangombwa kigaragaza ko uwo muntu yapfuye”.

Ashingiye kuri izi serivisi z’irangamimerere zitangirwa kwa muganga, Kamanzi Axelle, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, abasaba kwirinda ibishobora gutuma bacikanwa na zo, mu rwego rwo kwirinda ko igihugu kigira ibihombo biterwa n’igenamigambi ritanoze.

Yagize ati: “Mu gihe abantu bitabiriye serivisi z’irangamimerere, bituma n’igihugu gikora igenamigambi rishingiye ku mibare nyayo, kandi izwi y’abaturage. Urugero niba Leta igiye kubaka amashuri, ikaba izi ngo umubare w’abagomba kuzayigamo ungana gutya. Uretse ibi n’umwana wanditswe aba abonye uburenganzira bwo kugira umuryango, bityo akaba yagira n’uburenganzira ku byo amategeko amuteganyiriza, kuko aba afite inkomoko. Icyo nsaba abantu ni uko bitabira kubyarira kwa muganga kugira ngo umwana uvutse ahite yandikwa, bimurinde kugira ibyo acikanwa bitewe n’uko atanditswe”.

Inzego z’ubuvuzi zitanga iyi serivisi, zigaragaza ko hari imbogamizi zijyanye n’uko hari abakenera kwandikisha umwana wavutse, sisiteme ikagaragaza ko batasezeranye mu by’ukuri bo barasezeranye.

Kamanzi Axelle, avuga ko inzego zibishinzwe ziri gukora amavugurura arebana no kongera amakuru yose y’irangamimerere mu buryo bw’ikoranabuhanga. Ku bantu basezeranye kera batagaragara mu bitabo by’irangamimerere bo, ngo hari gahunda yo kubabarurira ku rwego rw’imirenge, raporo ikazashyikirizwa Akarere, nako kagomba gutegereza guhabwa uburenganzira butangwa na Minisiteri y’Ubutabera, bakazabona kwemererwa gutanga ibyemezo bigaragaza ko basezeranye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 15 )

Nonese nkomujyihe umwana arikumwe nanyina wowe udahari Uri mukazi yandikwa bijyenze gute ko nabonye bangako banavugana nase wumwana kuri therefore Ngo uwomwana abashed kwandikwa ?

Arias yanditse ku itariki ya: 16-03-2024  →  Musubize

Nonese nkomujyihe umwana arikumwe nanyina wowe udahari Uri mukazi yandikwa bijyenze gute ko nabonye bangako banavugana nase wumwana kuri therefore Ngo uwomwana abashed kwandikwa ?

Arias yanditse ku itariki ya: 16-03-2024  →  Musubize

Nonese ku mwanawanjye atandiste hakabaharisegusa akabarimukuru imyaka 13 none nzabikorute murakoze kubwubufasha

Ezera yanditse ku itariki ya: 7-02-2024  →  Musubize

Muraho neza?twifuza kumenya igihe ntarengwa cyo kwandikisha umwana mu irangamimerere kigenwa n’itegeko mu gihe umwana atandikiwe kwa Muganga akivuka cg yaranditswe ku mubyeyi umwe ariwe nyina mu gihe atasezeranye n’umugabo?

Rukundo yanditse ku itariki ya: 16-08-2023  →  Musubize

Mudusobanurire iyo usanze barakwanditseho umwana utaruwawe Kandi bikaba byarakozwe numubyeyi we umwe wumugore wamwibarutse hakorwa iki kugirango akwandukurweho?

Irankunda Placide yanditse ku itariki ya: 3-02-2023  →  Musubize

Ncaka ko mundebera ines kwin ansa umubyeyi yanditseho

Rukundo jean bosco yanditse ku itariki ya: 24-12-2022  →  Musubize

Kureba ko umwana yanditswe mugitabo cyiranga mimerere bigenda gute?

Nuriyati ikirezi yanditse ku itariki ya: 16-11-2022  →  Musubize

Nshaka kumenyana umubare w’abana n’amazina banyanditseho murakoze cyane

Nizigiyeyo japhet yanditse ku itariki ya: 4-12-2023  →  Musubize

ubuse nkatwe tugirababyeyi batatwitaho tuzaginzagute?

niyo nzima jeand dieu yanditse ku itariki ya: 9-09-2022  →  Musubize

umwana yanditse kumubyeyi umwe byagenda gute kugirango yandikwe kubabyeyi bose

alias yanditse ku itariki ya: 27-08-2022  →  Musubize

Hari numuntu ujya kumva ukumva yanditsweho abana atabyaye cg ugasanga yarashyingiwe nyamara ari ingaragu. Mutubwire uko umuntu yamenya abana bamwanditseho!

Bosco yanditse ku itariki ya: 14-06-2022  →  Musubize

Mbanjye gushima iyo service kuko ninziza cyane ku muturage.
Gusa mfite ikibazo kubabyeyi babyariye mumahanga abana bandikwa mubitabo by’irangamimerere mubuhe buryo? Bisaba iki?

Hamza yanditse ku itariki ya: 1-01-2022  →  Musubize

Umuntu yakora iki mugihe habaye ikosa mukwandikisha umwana? Ese

Ese nanone igihe ugiye kwandikisha umwana bakakubwirako mutasezeranye kd mwarasezeranye bigenda bite kumwana? Murakoze.

Regine yanditse ku itariki ya: 13-07-2021  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka