Kugura umuriro wa ‘Cash Power’ biraza guhagarara amasaha 8

Sosiyete Nyarwanda ishinzwe Ingufu (REG) iratangaza ko kuva saa tatu z’ijoro kuri uyu wa kane tariki 11 kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki 12 Kamena 2020, abafatabuguzi bayo batari bubashe kugura umuriro.

Mu itangazo yanyijije ku rubuga rwa twitter, REG yatangaje ko ibi ari ukubera imirimo yo kuvugurura uburyo bwo kugura umuriro wa ‘cash power’, ikaboneraho gusaba abafatabuguzi bayo kugura umuriro mbere y’amasaha yatangajwe.

Kuvugurura uburyp bwo kugura umuriro wa cash power, bigamije kugira ngo kugura umuriro bijye byihuta kurusha uko byagendaga mbere, kuko ngo hari ubwo umufatabuguzi yaguraga umuriro ugatinda kumugeraho.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Kandi byadufasha kuko harubwo umuntu awugura ukanga no kujyamo

Ndikumana JClaude yanditse ku itariki ya: 11-06-2020  →  Musubize

Mfite igitekerezo maranye iminsi ntakuntu mwahuza cashi pawer na system yo kugura umuriro umuntu Tamara kugura atiriwe ajya kwandikamo nimero muri cash pawer ugahita wijyanamo?

Ndikumana JClaude yanditse ku itariki ya: 11-06-2020  →  Musubize

Nibyiza kuba babitubwiye mbere

Nsanzanzabera dismas yanditse ku itariki ya: 11-06-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka