Kubura imodoka byatumye benshi batizihiza ubunani n’imiryango yabo

Bamwe mu bagenzi barinubira ko batigeze bizihiza ubunani bari kumwe n’imiryango yabo, bitewe n’uko abakora mu ngendo batagiye ku mirimo; bagasaba ko abashinzwe gutwara abantu n’ibintu bajya bagena abakora ku minsi y’akaruhuko, aho gufunga imiryango.

Bamwe mu baza gushaka imibereho mu mujyi wa Kigali bavuze ko bahawe agahushya ko kujya mu ntara kwishimana n’imiryango yabo, ariko ngo babuze imodoka zibagezayo ubwo ku munsi w’ubunani abashinzwe gutwara abantu bari bafunze imiryango muri gare ya Nyabugogo.

“Bandishije ubunani nabi cyane! Abana n’umugore nta kintu na kimwe bafite, nyamara nari mfite amafaranga. Nahawe agahushya ku munsi wabanjirije ubunani, ndaza hano bambwira ko amatike yashize sinabaye nkigenda; none dore n’ubu ngiye kongera kurara ntagiye”, nk’uko Hagumakwitonda Anastase w’umwubatsi muri Kigali yavugaga, nyuma yo kubura uko ataha iwe mu karere ka Burera.

Bamwe mu bakora mu mujyi wa Kigali bafite imiryango yabo mu cyaro babuze imodoka zibajyana kwizihizanya ubunani n'abandi.
Bamwe mu bakora mu mujyi wa Kigali bafite imiryango yabo mu cyaro babuze imodoka zibajyana kwizihizanya ubunani n’abandi.

Claude wajyaga mu Ngororero na Mutuyimana Martin ujya mu karere ka Musanze, nabo bagejeje saa munani ku munsi w’ubunani batarataha iwabo, kandi ngo bari bateganije kugaruka i Kigali bagakomeza imirimo nyuma y’ubunani.

Umutoniwase Immaculee ujya i Rubengera mu karere ka Karongi we yagize ati: “Twiriwe hano, turashonje, imiryango yacu irashonje kuko nta mafaranga bafite bakoresha, kandi nta rundi ruhushya ba boss bacu bashobora kuduha.”

Abashinzwe gutwara abantu bakorera muri gare ya Nyabugogo bari bafunze imiryango ku bunani.
Abashinzwe gutwara abantu bakorera muri gare ya Nyabugogo bari bafunze imiryango ku bunani.

Abagenzi barasaba ko ku munsi w’ubunani cyangwa n’indi minsi mikuru, abashinzwe iby’ingendo bajya bagena abakozi basimbura abasanzwe bakora ku minsi y’imibyizi.

Mu bigo bishinzwe gutwara abantu, ibyakoze ku munsi w’ubunani ni bike, kandi nabyo nta modoka zihagije byari byakoresheje.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ariko Inama nabagira ku ruhande rwanjye, hagakwiye kugira ama Bus y’umwihariko kuri bo..mu bihe bikomeye nk’ibi !!

pricille yanditse ku itariki ya: 3-01-2014  →  Musubize

Nihagenwe imodoka zizajya zitwara abanyeshuri by’umwihariko igihe cy’itangirwa ry’amashuri!

hubert yanditse ku itariki ya: 3-01-2014  →  Musubize

biba bikomeye kubona imodokari mu minsi mikuru, ariko ubundi iyo ushaka kugenda uba ugomba kugura ticket mbere

anastase yanditse ku itariki ya: 2-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka