Kubahiriza amabwiriza y’ingendo mu modoka rusange bizatangira nyuma yo kuvugurura ibiciro - RURA
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje ko hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 12 Ukwakira 2020 rumenyesha Abaturarwanda bose ko ibijyanye n’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, amabwiriza azatangira kubahirizwa kuwa Kane, tariki ya 15 Ukwakira 2020 hamaze gushyirwaho ibiciro bishya.
RURA ivuga ko kuri iyo tariki ya 15 Ukwakira 2020, ari bwo hazanatangazwa amabwiriza avuguruye yo kwirinda no gukumira COVID-19 muri serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange.
Ibi bivuze ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo rusange, zikomeza gutwara 50% y’abo zagenewe gutwara kugeza ku wa kane tariki ya 15 Ukwakira 2020.
Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 12 Ukwakira 2020, yanzuye ko ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (public transport) zizakomeza.
Ku modoka zifite imyanya y’abagenda bicaye gusa, zemerewe gutwara 100% by’umubare w’abantu zemererwa gutwara. Ku modoka zifite imyanya y’abagenda bicaye n’abagenda bahagaze, zemerewe gutwara 100% by’umubare w’abantu bicaye, na 50% by’abagenda bahagaze. Amabwiriza arambuye kuri iyi ngingo azatangwa n’ikigo cya RURA.
Nyuma y’uyu mwanzuro, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Ukwakira 2020, hari bamwe mu bagenzi bavugaga ko niba imodoka zemerewe gutwara umubare ungana n’imyanya zagenewe, bikwiye no kujyana no kugabanya igiciro.
Urugero, nko mu modoka ziva i Nyamata mu Karere ka Bugesera zijya mu Mujyi wa Kigali, hari abagenzi babwiraga abashoferi ko badashobora kwishyura amafaranga 750 Frws bajyaga bishyura mu gihe mu modoka hagendamo ½ cy’abo yagenewe gutwara, bakavuga ko bakwiye kwishyura amafaranga 500 Frws bari basanzwe bishyura mbere y’izi ngamba.
Abashoferi bo bavugaga ko bagitegereje icyo RURA iza kugena ku bijyanye n’igiciro cy’urugendo, kuko imashini bakoresha batanga amatike zari zikibereka ko igiciro cy’urugendo (Nyamata- Nyanza ya Kicukiro) ari amafaranga 750Frws.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- Mu Rwanda abantu 4 bishwe na COVID-19, habonetse abarwayi bashya 227
- Kigali: Abantu 12% banduye Covid-19 (ubushakashatsi)
- Umujyi wa Kigali washyizwe muri Guma mu Rugo (Inama y’Abaminisitiri)
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize ku kurwanya COVID-19
- Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho - Minisitiri Busingye
- Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
- Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 277 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri
- Mu Rwanda abantu 257 babasanzemo COVID-19
- Nageze ku muryango w’urupfu Imana ikinga akaboko - Ubuhamya bw’uwakize COVID-19
- Mu Rwanda abantu batanu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 194
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 172
- #COVID19 : Abarwayi bashya 166 barimo 108 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- Kicukiro: Abagera kuri 17 bafashwe bakora ibirori urugo baruhinduye nk’akabari
- Umubare w’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 waragabanutse
- #COVID19 : Mu barwayi bashya 169 harimo 125 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, habonetse abarwayi bashya 93
- MINEDUC: Nta mwana urwarira ku ishuri ngo ajye mu muryango we adapimwe COVID-19
- #COVID19 : Abarwayi bashya 143 barimo 101 babonetse i Kigali
Inkuru bijyanye na: RURA n’ibiciro by’ingendo
- Turishimye kubera igabanuka ry’ibiciro by’ingendo - Abagenzi
- Reba ibiciro bishya by’ingendo bivuguruye
- Ikibazo cy’ibiciro by’ingendo cyangezeho – Perezida Kagame
- RURA yahagaritse icyemezo yari iherutse gufata ku biciro by’ingendo
- Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byakiriye ibibazo by’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu
- Menya impamvu hari imihanda yo muri Kigali yazamuriwe igiciro cy’ingendo
- RURA yasobanuye impamvu ibiciro byo gutwara abagenzi bitasubiye uko byahoze mbere ya Covid-19
- Hari abavuga ko ibiciro bishya byo gutwara abagenzi byabagoye
- Reba uko ibiciro bishya by’ingendo mu modoka za rusange bihagaze
- Ibiciro by’ingendo mu modoka za rusange byagabanutse
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|