KT RADIO yafunguye imirongo mishya kuri FM

KT RADIO, ubusanzwe yumvikanaga gusa ku murongo wa 96.7 FM mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, ubu yatangiye kumvikana mu zindi ntara ku yindi mirongo.

Ibi bikaba bigamije kwagura ibikorwa bya KT Radio bikagera ku mubare munini w’Abanyarwanda, nk’uko byatangajwe na Kanamugire Charles, Umuyobozi wa KIGALI TODAY LTD, ikigo cy’itangazamakuru gifite KT RADIO.

Umunara wa Rebero utuma yumvikana kuri 96.7 FM
Umunara wa Rebero utuma yumvikana kuri 96.7 FM

Yagize ati "Ubusanzwe twumvikanaga gusa kuri 96.7 FM, tukanumvikana ku murongo wa Internet wa www.ktradio.rw, bigatuma hari umubare munini w’Abanyarwanda utabashaga kutwumvira kuri FM kandi badukunda banakunda ibiganiro byacu.”

Ubu KT RADIO irumvikana kuri decoderi zose hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga bwitwa DVB- T2
Ubu KT RADIO irumvikana kuri decoderi zose hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwitwa DVB- T2

Kanamugire yakomeje atangaza ko kwagura ibikorwa bya KT RADIO, ikabasha kumvikana mu mpande zose z’igihugu, ari igisubizo ku bakunzi ba KT RADIO batabashaga kugezwaho amakuru ndetse n’ibiganiro byiza byubaka umuryango Nyarwanda.

Yanatangaje kandi ko ubusanzwe KT RADIO ibereyeho abakunzi bayo kandi ibyifuzo byabo byumvikanye, ubu KT RADIO ikaba yageze mu Ntara y’Iburasirazuba, aho kugeza ubu iri kumvikana muri iyi ntara ku murongo wa 102.0 FM.

Umunara wa Nyarupfubire KT RADIO yagezeho, ubu iri kumvikana mu Ntara y'Iburasirazuba kuri 102.0 FM.
Umunara wa Nyarupfubire KT RADIO yagezeho, ubu iri kumvikana mu Ntara y’Iburasirazuba kuri 102.0 FM.

Yanatangaje ko mu ntangiriro z’ukwezi kwa Werurwe, iba yumvikana mu Ntara y’Amajyepfo yose ku murongo wa 107.9FM.

STL Transmitter ifasha kugeza amajwi ku minara yose KT RADIO ifite ho Antenne kuri iyo minara haba hariho ibindi bikoresho byakira ndetse bikohereza amajwi ku baturage
STL Transmitter ifasha kugeza amajwi ku minara yose KT RADIO ifite ho Antenne kuri iyo minara haba hariho ibindi bikoresho byakira ndetse bikohereza amajwi ku baturage

Kanamugire yongeyeho ko mu Ntara y’Iburengerazuba no mu Majyaruguru, mu minsi itarambiranye na ho KT RADIO izaba ihagera kuko imirongo izajya yumvikanaho muri izo ntara yamaze kuboneka.

KT RADIO kandi ubu irumvikana kuri za dekoderi zose hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwitwa DVB-T2.

Ikipe ya KIGALI TODAY LTD iri gutunganya iminara ya KT RADIO
Ikipe ya KIGALI TODAY LTD iri gutunganya iminara ya KT RADIO

Yagize ati "Nitumara gutunganya umurongo wo mu Majyepfo, mu gihe kitarambiranye turakomereza mu Burengerazuba ndetse no mu Majyaruguru, aho mu Burengerazuba bazajya bumva KT RADIO ku murongo wa 103.3 FM, naho mu Majyaruguru bakayumva ku murongo wa 101.1 FM.

Kanamugire Charles Umuyobozi wa KIGALI TODAY LTD.
Kanamugire Charles Umuyobozi wa KIGALI TODAY LTD.

KIGALI TODAY LTD ni ikigo cy’itangazamakuru, gifite ibitangazamakuru bitandukanye birimo, www.kigalitoday.com, www.ktpress.rw na KTRADIO.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Kigali Today Limited mufite akazoza mu itangazamakuru hano mu gihugu mukomereza aho turabakunda mushyira imbere amakuru dukunda n’abanyamakuru b’umwuga. Murakoze!!!

[email protected] yanditse ku itariki ya: 29-02-2016  →  Musubize

Mbere Nambere Mbanje Kubashimira Kumakuru Mutugezaho Ubundi Nge Nakurikiranaga Buracyeye Kuri Kt Radio Kuberako Ndi Kgl N’ihuye Kuri 96.7 Fm Nshimishijwe No Kwumva Mwadushyiriyeho Indi Mirongo Iwacu Muburasirazuba Gatsibo Kuko Sinifuzaga Gutaha Kuko Murugo Ntitwafataga Kt Radio Murakoze Ni Hamis Ndi Ihuye Butare.

Hamis Asdullah yanditse ku itariki ya: 29-02-2016  →  Musubize

Icyerekezo Media house ya KIGALITODAY ifite kirashimishije cyane mukomereza aho kandi turabakunda aho muri mu gihugu cyose.

Alias yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

Mbere nambere tubanje kubasuhuza muraho neza!!! Mubyukuri tubaye tubashimiye kuko mudahwema gushaka icyakura abanyarwanda mubwigunge byumwihariko Gatsibo kuko twari tubakeneye! Mwakoze cyane ni Bizimana Olivier ndi Gatsibo mumurenge wa Gitoki mukagari ka Karubungo mumudugudu wa Kagugu.

Bizimana Olivier yanditse ku itariki ya: 28-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka