Kiriziya Gatorika yabonye uyihagararira mu Rwanda mushya

Papa Benedict wa 16 yatoye Musenyeri Lucinao Lusso guhagararira kiliziya Gatolika mu Rwanda, nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na kiliziya Gatolika yo mu Rwanda ribitangaza.

Musenyeri Lusso yari asanzwe ahagarariye diyosezi ya Monteverde, mu Butaliyani. Mbere yahoo yarakoze imirimo y’idini Gatolika mu bihugu nka Papouasie Nouvelle Guinee, Hondura, Syirie, Brezil, u Buholandi, Leta zunze Ubumwe z’Amerika no muri Bulgarie.

Musenyeri Lusso yavukiye mu mujyi witwa Lusciano mu Butaliyani mu 1963. Yahawe ubushumba tariki 10/10/1988 ndetse anafite impamyabushobozi ihanitse (Doctorat) mu mategeko y’idini Gatolika.

Musenyeri Lusso avuga indimi enye: Igitaliyani, Igifaransa, Icyongereza n’Icyespanyole.

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo   ( 1 )

ntawabura kwishimira ibyo kiriziya gatorika yagezeho ariko ijye ireka kwivanga muri politiki k’uburyo bw’amaranga-mutima

debande yanditse ku itariki ya: 4-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka