Kirehe: Umuyobozi yakoze impanuka irimbura ibiti bibiri n’uwarimo arakomereka

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere Kirehe, Jean de Dieu Tihabyona, yakoze impanuka imodoka ye igonga ibiti bibiri birarimbuka nawe arakomereka bidakabije, ubwo yajyaga mu muganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/08/2012.

Ababonye iyi mpanuka iba, batuye mu mudugudu wa Gahama iyo mpanuka yabereyemo, bavuze ko imodoka yaje igenda gahoro bisanzwe ariko aho hantu hakaba hari umuhanda ufite ikorosi ribi.

Agiye gukatira umwana wari muri iryo korosi riri muri uyu muhanda w’igitaka, ahita agonga ibiti bibiri byo mu bwoko bwa gereveriya bihita birimbuka n’imodoka irangirika nawe ahita ajyanwa ku bitaro by’akarere.

Umuganda rusange yari yitabiriye wari wabereye mu kandi kagari ka Rwesero gaherereye mu murenge wa Kirehe.

Nyuma yo gukora impanuka, imodoka igiparitse imbere y'ibiti yagonze.
Nyuma yo gukora impanuka, imodoka igiparitse imbere y’ibiti yagonze.

Grégoire Kagenzi

Ibitekerezo   ( 4 )

iby’umuyobozi warwanye n’umuturage ko mwahise mubivanaho kdi ari ukuri?

innocent yanditse ku itariki ya: 26-08-2012  →  Musubize

Very sorry to hear about your accident and hopefully you will get well
Very soon
Anicet

Anicet Havugimana yanditse ku itariki ya: 26-08-2012  →  Musubize

Imana ishimwe ubwo ntawahasize ubuzima,gusa Leta izafatire ibyemezo abayobozi bitwara kdi iba yabahaye amaf yo guhemba abashoferi n’ababafite bakabahemba intica ntikize,nta contract,nta Rama nta caisse social, Leta ikwiye kubihagurukira.

Peter yanditse ku itariki ya: 25-08-2012  →  Musubize

tumwifurije kurwara ubukira.

NIYIYIGENA Jus yanditse ku itariki ya: 25-08-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka