Kigali Umukingo wagwiriye abubatsi uhitana bane

Umukingo uri hejuru y’ikibanza cyarimo kubakwa mu Mujyi rwagati wa Kigali iruhande rw’inyubako yitwa Centenary House, wagwiriye abantu bane barimo basiza.

Abubatsi barengewe n'igitaka bitaba Imana
Abubatsi barengewe n’igitaka bitaba Imana

Iyi mpanuka yabaye ahagana sa cyenda n’igice zo kuri uyu wa kabiri tariki 16 Ukwakira 2018, aho umukingo wagwiriye abubatsi mu kibanza cy’uwitwa Ndekezi Telesphore.

Abubatsi bitabye Imana ni Karemera Jean Damascene, Niyibizi Adrien, Nsengiyaremye Innocent hamwe n’uwitwa Anastase(ariko irindi zina rikaba ritaramenyekana).

Imashini zarangije gutaburura imirambo y’abagwiriwe n’umukingo ku isaha ya sa kumi n’ebyiri z’umugoroba, Polisi ikaba yahise ibajyana ku bitaro bya Kacyiru.

Umucuruzi mu iduka ryegereye ahabereye impanuka yatangarije Kigali Today ko abo bubatsi batangiye kuburirwa mu cyumeru gishize, ubwo uwo mukingo warimo kugenda uriduka buhoro buhoro, ariko ngo bakomeje kwica amatwi.

Ati:"Mu gitondo cy’uyu munsi nitabiye telefone hafi y’uyu mukingo, abasekirite barahankura ariko abubatsi bo bakomeje kubaka bari munsi y’uyu mukingo ntacyo bikanga".

Umunyamakuru wa Kigali Today yumvise umwe mu bashinzwe umutekano avuga ko Injeniyeri wahubakishaga witwa Hakizimana Telesphore yahise aburirwa irengero.

Abubaka aha hantu bari baraburiwe banga kumva
Abubaka aha hantu bari baraburiwe banga kumva
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

OOO! POLE ABABUZE ABABO.

EMMY yanditse ku itariki ya: 19-10-2018  →  Musubize

imana yakire abahuye niyimpanuka bakagwirwa numukingo,icyotwasaba abubakisha nuko bajya babanza bagashishoza aho bagiye kwubaka kugirango hadatwara ubuzima bwabantu.

alias kuaku yanditse ku itariki ya: 18-10-2018  →  Musubize

ndi rusizi twihanga nishije imiryango yabo bantu kd imana iba kire mubayo.

TUYISHIME justine yanditse ku itariki ya: 17-10-2018  →  Musubize

iyo baza kumva ubu ntiibaba bagwiriwe nuwo mukingo ariko enjeniyeri afatwe ahanwe kuko niwe warikumenya niba ahohantu hari mukaga

niyonzima patrick yanditse ku itariki ya: 16-10-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka