Kigali: Uko byifashe ku munsi wa mbere wo kuva mu rugo (Amafoto)

Abaturage b’Umujyi wa Kigali n’abo mu turere umunani ari two Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, bashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo guhera tariki 17 Nyakanga 2021 kugeza tariki 31 Nyakanga 2021.

Abatuye mu Mujyi wa Kigali kimwe n’abo muri utwo turere twari tumaze iminsi 15 muri Guma mu Rugo, kuri iki Cyumweru tariki 01 Kanama 2021 wababereye umunsi utandukanye n’iyo bari bamaze bari mu rugo, kuko bongeye kwemererwa kwerekeza hirya no hino mu mirimo no muri gahunda zitandukanye.

Benshi baragaragaza ko bashishikajwe no gukora cyane kugira ngo bazibe icyuho cy’iminsi bamaze badakora, ari na ko bubahiriza izindi gahunda zitandukanye zigamije kubafasha kwirinda icyorezo.

Aya mafoto aragaragaza uko byari byifashe hirya no hino muri Kigali ku munsi wa mbere wo kuva mu rugo:

Amafoto: Plaisir Muzogeye/Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka