Kayonza: Abantu 3842 bashyikirije akarere amabaruwa asaba ko itegeko nshinga rivugururwa

Abaturage bo mu byiciro bitandukanye mu Karere ka Kayonza, tariki 14 Gicurasi 2015, bashyikirije umuyobozi w’akarere, Mugabo John, amabaruwa bandikiye inteko ishinga amategeko, basaba ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda yavugururwa.

Iyo ngingo igena manda ebyiri ku mukuru w’igihugu, bamwe mu baturage bakabifata nk’inzitizi yababuza kongera gutora perezida, Paul Kagame, mu yindi manda kandi bakimukeneye.

Abanditse ayo mabaruwa ni abagize urwego rw’abikorera, koperative y’abakarani, iy’abamotari ndetse n’iy’abahinzi b’umuceri yo mu Murenge wa Murundi. Bose icyo bahurizaho ni uko iyo ngingo yavugururwa kugira ngo bazongere batorere perezida Kagame kuyobora indi manda.

Koperative y'abahinzi b'umuceri ishyikiriza akarere amabaruwa abanyamuryango bandikiye inteko basaba ko ingingo y'101 y'itegeko nshinga yahinduka.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ishyikiriza akarere amabaruwa abanyamuryango bandikiye inteko basaba ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga yahinduka.

Kakuze Drocelle yagize ati “Turashaka rwose ko iyo ngingo ihinduka kuko [iwacu] muri Murundi nta mugore wari uzi kuvuga, ntawari uzi kwambara ariko ubu turi abagore bateye imbere tubikesha perezida Kagame”.

Bimwe mu byo aba baturage bashimira umukuru w’igihugu harimo kuba yarateje imbere urwego rw’abikorera, ndetse akaba akora ibishoboka byose ngo abashoramari bo mu bindi bihugu baze gushora imari ya bo mu Rwanda.

Ikirenzeho ariko ngo ni umutekano u Rwanda rufite ku buryo abaturarwanda bashaka icyabateza imbere nta nkomyi. Aha ni ho umuyobozi w’urwego rw’abikorera mu Karere ka Kayonza, Safari Steven, ahera avuga ko icyifuzo cya bo kiramutse cyubahirijwe baba baguye ahashashe.

Koperative y'abakarani na yo yagejeje ibaruwa yandikiye inteko ku buyobozi bw'akarere ngo buzabatumikire.
Koperative y’abakarani na yo yagejeje ibaruwa yandikiye inteko ku buyobozi bw’akarere ngo buzabatumikire.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza yakiriye ubutumwa bw’abo baturage avuga ko ari uburenganzira bwa bo guhitamo icyo babona kibabereye. Yabijeje ko azabugeza mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda bitarenze ku wa mbere tariki ya 18 Gicurasi 2015.

N’ubwo bamwe mu baturage bakomeje kugaragariza umukuru w’igihugu ko bifuza ko yazongera akayobora u Rwanda muri manda itaha, Perezida Kagame aherutse gutangariza abanyamakuru ko uruhande ahagazemo ari urw’abifuza ko itegeko nshinga ritahinduka, ariko anavuga ko mu gihe abifuza ko ryavugururwa bagaragaza impamvu zifatika kandi bakabimwumvisha mu buryo budashidikanywaho na bo icyifuzo cya bo yacyumva.

Abikorera basinye kuri iyi baruwa ni 1375, iy’abakarani isinywaho n’abantu 80, iyanditswe n’abamotari basinyeho ari 150, mu gihe iy’abahinzi b’umuceri iriho imikono y’abantu 2237.

Abikorera na bo batumye umuyobozi w'akarere mu nteko ishinga amategeko.
Abikorera na bo batumye umuyobozi w’akarere mu nteko ishinga amategeko.
Koperative y'abamotari na yo yashikirije akarere ubutumwa busaba ko ingingo y'101 y'itegeko nshinga ivugururwa.
Koperative y’abamotari na yo yashikirije akarere ubutumwa busaba ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ivugururwa.
Koperative y'abamotari ubwo yari ijyanye ibaruwa ya yo ku biro by'Akarere ka Kayonza.
Koperative y’abamotari ubwo yari ijyanye ibaruwa ya yo ku biro by’Akarere ka Kayonza.

Cyprien M. Ngendahimana

Ibitekerezo   ( 5 )

Ariko iyi politike iri gukinwa ni bwoko ki ?

Sy yanditse ku itariki ya: 16-05-2015  →  Musubize

ibyifuzo by’abanyarwanda bigomba kubahirizwa bityo inzitizi ziri mu ngingo y’101 zikavaho tugatora Paul Kagame

semana yanditse ku itariki ya: 15-05-2015  →  Musubize

NDABIKUNZE RWOSE!!!

uwase yanditse ku itariki ya: 15-05-2015  →  Musubize

abanayarwanda bakomeze bashyikirize ubusabe bwabo ko ingengo ya 101 yahindurwa maze inzego zibanze zizazishyikirize inteko rwose

kabanda yanditse ku itariki ya: 15-05-2015  →  Musubize

Birababaje abantu bose bose bafite ubwoba ,bakutse umutima ,nibyo bana ba mamantimuzire kuvuga ntaho mwabicikira. aliko nibyo ntirumveko ntacyo ndusha abandi

sano yanditse ku itariki ya: 15-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka