Karongi: Rond-Point nini yagezemo amatara

Rompuwe (rond-point) nini ituruka mu mujyi wa Karongi ikamanuka ikanyura kuri Golf Eden Rock Hotel igakomeza igatunguka ku bitaro bikuru bya Kibuye yinjira mu mujyi yagezamo amatara yo ku muhanda.

Hashize amezi ane ubuyobozi bw’akarere ka Karongi butangiye gushyira amatara ku mihanda yo mu mujyi, nk’uko bari barabihize mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013.

Amatara mashya ari ku ruhande rw'ibumoso. Asimbuye ashaje yari amaze igihe kinini ataka.
Amatara mashya ari ku ruhande rw’ibumoso. Asimbuye ashaje yari amaze igihe kinini ataka.

Icyo gikorwa cyatangiye mu ntangiriro z’ukwezi kwa kabili mu 2013, bahera mu mujyi hagati bamanuka ku bitaro bikuru bya Kibuye, none ubu na rompuwe nini yagezweho.

Ubusanzwe iyo rompuwe nta muntu wapfaga kuyinyuramo ninjoro kubera ukuntu haba hari icuraburindi, umuntu atabasha no kubona muri metero imwe imbere, inyuma cyangwa iruhande keretse igihe hari umwezi.

Nijoro haba babona ku buryo ushobora no gutora urushinge.
Nijoro haba babona ku buryo ushobora no gutora urushinge.

Nubwo ariko iyo rompuwe yabaga iteye ubwoba kubera umwijima, umutekano ni wose kubera ikigo cya gisirikare gihari, umuntu arenze gato ku kiliziya ya mutagatifu Pierre.

Amatara azanagezwa ahitwa kuri Josi utangiye kwinjira mu mujyi wa Kibuye akaza agahura n’ayo mu mujyi azenguruka rond point nini igana ku biro by’Intara akagaruka agahura n’ayo mu mujyi yerekeza kuri ETO Kibuye (IPRC West).

Iyi ni rompuwe ntoya yo mu mujyi hagati.
Iyi ni rompuwe ntoya yo mu mujyi hagati.

Kuri uyu wa gatatu, tariki 19/06/2013, biteganyijwe ko ayo matara aza kumurikirwa ubuyobozi bw’Intara y’iBurengerazuba akarere ka Karongi kabarizwamo, akamurikirwa hamwe n’ibindi bikorwa akarere kari karahize mu mwaka ushize wa 2012-2013.

Gasana Marcellin

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka