Karongi: Imodoka ya Ritco irahiye irakongoka

Imodoka y’Ikigo gitwara abagenzi cya Ritco, mu masaha ya saa kumi n’ebyiri kuri uyu wa Kane tariki 16 Kamena 2022, yahiriye i Karongi irakongoka, ubwo yavaga i Kigali igana i Karongi, yahiriye mu Murenge wa Rubengera.

Charles Twagiramungu, umuyobozi wa Radio Isangano ikorera mu Karere ka Karongi wabonye iyo mpanuka iba, yabwiye Kigali Today ko imodoka yavaga i Kigali, yahagarara igatangira kugurumana.

Twagiramungu avuga ko imodoka yakomeje gushya ariko nta muntu wahiriyemo uretse imizigo imwe yarimo.

Yagize ati "Imodoka yarimo imanuka, ihagaze itangira kugurumana, abantu bavugije induru ariko basohokamo ndetse bashoboye gusohora imizigo imwe yabo. Twagerageje gutabara na kizimyamuriro dufite ntibyagira icyo bitanga."

Twagiramungu avuga ko uretse imodoka ya Ritco yahiye n’imizigo imwe yarimo, nta zindi ngaruka byateye.

Ati "Byabaye amahirwe, ubusanzwe hahagarara izindi modoka ariko yari ihagaze yonyine."

Kigali Today yageraheje kuvugana n’ubuyobozi bwa Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda ntibyakunda ntibyakunda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Pole sana Ritco! Gusa Imana ishimwe ko ntawahaburiye ubuzima.

Alpha yanditse ku itariki ya: 17-06-2022  →  Musubize

Igikuru ni ubuzima naho ibintu nibishakwa, Imana ishimwe kuko ntamuntu wahiriyemo kandi dusengere banyiri Ritco Imana ibashumbushe indi modoka.

RUTERANA Emmanuel yanditse ku itariki ya: 17-06-2022  →  Musubize

None ubwo iyo modoka ko yo ifite insurance izishyurwa, nabagenzi imizigo yabo yahiriye muriyo modoka bazishyurwa cg bazahomba?

Eric NKURUNZIZA yanditse ku itariki ya: 16-06-2022  →  Musubize

Icyangombwa simizigo icyambere nubuzima Ariko bareba buryoki babafasha

Nsengimana Emmanuel yanditse ku itariki ya: 17-06-2022  →  Musubize

Imanishimwe kuba ntawahaburiye ubuzima nanone twihanganishije ritico

NSENGIYUMVA Jean de Dieu yanditse ku itariki ya: 16-06-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka