Kamonyi: Yaridukiwe n’ikirombe akurwamo nyuma y’amasaha 30 ari muzima

Umugabo witwa Gakara Jean Claude ucukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma mu Kagari ka Murehe, yaraye akuwe mu kirombe ari muzima, nyuma y’uko kimugwiriye ku wa gatandatu tariki 13 Gicurasi 2017 i saa tatu za mu gitondo.

Gakara yagwiriwe n'ikirombe bamukuramo nyuma y'amasaha 30 akiri muzima
Gakara yagwiriwe n’ikirombe bamukuramo nyuma y’amasaha 30 akiri muzima

Amasuka, ibitiyo n’amapiki by’abaturage byananiwe kumukuramo, biyampaza imashini icukura ku Cyumweru tariki ya 14, nyuma y’amasaha atatu imugeraho saa kumi z’umugoroba ari muzima.

Abari batabaye baje bitwaje n’ibyangombwa byo gutwara umurambo kuko bakekaga ko yarangije gupfa, ariko babisubije imuhira bataha bashima Imana ku by’icyo gitangaza yabakoreye.

Gakara akimara gukurwa mu kirombe yahise ajyanwa ku bitaro bya Remera Rukoma gusuzumwa ko nta ikibazo cy’ubuzima afite, basanga ntacyo uretse ko ngo bategereje kumucisha mu cyuma (Radio), kugira ngo barebe niba nta kibazo yagize imbere mu mubiri.

Akimara gukurwa mu kirombe yajyanywe kwa Muganga kugira ngo bamenye uko ubuzima bwe bumeze
Akimara gukurwa mu kirombe yajyanywe kwa Muganga kugira ngo bamenye uko ubuzima bwe bumeze

Uyu mugabo ufite imyaka 36 y’amavuko amaze imyaka umunani mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, akorera kompanyi y’ubucukuzi yitwa "Hatari company". Arubatse afite umugore n’abana babiri.

Nyuma y’uko aheze mu kirombe ku wa gatandatu, mu kindi kirombe cyo mu Kagari ka Taba mu Murenge wa RUKOMA , haguyemo uwitwa Niyotwiringira Jean Paul w’imyaka 25 wakoreraga Kompanyi ya Etablissement Thadee Ndaberetse.

Hifashishijwe imashini icukura nyuma yo kunanirwa kw'abaturage
Hifashishijwe imashini icukura nyuma yo kunanirwa kw’abaturage
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Uwiteka niwe Mana..... ,Uwiteka niwe Mana....
God is good all the time.
God is good all the time.
Praise be to our almighty God.

alias ukuri yanditse ku itariki ya: 15-05-2017  →  Musubize

UWITEKA NIWE MANA

Jado yanditse ku itariki ya: 15-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka