Kamonyi: Inzu z’abayobozi zubatswe nta byangombwa zasenywe

Inzu z’abayobozi zubatswe nta byangombwa ni zo zahereweho zisenywa mu nzu 350 zigomba gusenywa mu Karere ka Kamonyi.

Inzu y'umunyamabanga nshingwabikorwa w'Akagari ka Muganza yasenywe
Inzu y’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Muganza yasenywe

Izo nzu zose zubatswe mu gihe cy’amatora kubera ko ubuyobozi bwari buhuze, none zahise zisenywa ku itegeko rya Guverineri w’Intara y’Amajyepfo kugira ngo bibere urugero abandi.

Inzu z’abayobozi b’Akagari ka Muganza, mu Murenge wa Runda niho habereye igikorwa cyo gusenyera abubatse nta byangombwa. Muri ako kagari hubatswe inzu zisaga 50 mu gihe cy’amatora.

Emmanuel Bahizi, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Kamonyi, yavuze ko bahisemo guhera ku gusenya inzu z’abayobozi kuko bagaragara nk’abakomeye imbere y’abaturage.

Inzu ya SEDO wa Muganza nayo yasenywe
Inzu ya SEDO wa Muganza nayo yasenywe

Avuga ko byashoboraga kubangamira ikurwaho ry’izindi nzu zubatswe mu buryo butemewe n’amategeko iyo izo nzu z’abayobozi zidasenywa.

Yagize ati “ Abaturage bavugaga ko ziriya nzu nizidakurwaho na bo izabo batazikuraho. Twabanje gukurikirana inzu zetemewe n’amategeko twandikira ba nyira zo tubasaba kuzisenyera ariko ntibabikora.”

Igikorwa cyo gusenya kirakorwa n’abakozi bahawe akazi bahagarikiwe n’abakozi b’urwego rwa DASSO mu tugari no mu murenge na bamwe mu bakozi b’umurenge. Abaturage ntibabyakira neza, kuko bavuga ko izo nzu zubatswe abayobozi babegereye barebera.

Abasenye ni abakozi bahawe akazi
Abasenye ni abakozi bahawe akazi

Ubwo basenyaga inzu y’umwe mu bayobozi iri mu Mudugudu wa Rwubushegeshe, abaturage bahamyaga ko bahaye ruswa abayobozi babegereye.

Umwe muri bo ati “Gitifu mukuru n’umuto b’akagari nibo barya amafaranga y’abaturage. Agahita akubwira ngo genda wubake ndayihagararaho mpaka yuzuye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere atangaza ko ibihano bitazagarukira ku gusenya inzu zubatswe nta byangombwa gusa, ahubwo ngo hari n’abayobozi bazahanirwa uruhare bagize muri uko kubaka mu kajagari.

Ati “Ibyo nabyo turabikurikirana ndetse n’abo bayobozi tuzabahanira ko bakoze amakosa yo kurebera abubaka ahatabugenewe. Ikindi navuga ni uko dushishikariza abaturage kudatanga amafaranga. Ayo mafaranga batanze, ntago yari akenewe kuko nta wagiye gusaba icyangombwa ngo akimwe.”

Ubuyobozi bw’akarere bwari bwatangarije inama Njyanama y’akarere ko inzu 92 zubatswe mu mirenge itatu y’Umujyi wa Kamonyi. Ariko uyu mubare warahindutse kuko mu Murenge wa Runda habaruwe inzu zisaga 98, na ho mu karere kose bivugwa ko hubatswe inzu zisaga 350.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 18 )

Egoko Runda we njye byandenze. Pe?

Claver yanditse ku itariki ya: 19-09-2017  →  Musubize

Niba bahereye kuzabayobozi nibyiza kuko nibo barya amafranga yabaturage, ariko ntibazagire uwo bareka kubera impavu runaka nkamasano cg se ibindi kubaka mukajagari byacika, ikibazo gikomeye nuko hasenywa izabanze gutanga amaturo kubayobozi. Thanks

Niyonzima Maurice yanditse ku itariki ya: 19-09-2017  →  Musubize

none igihe bavuga nikuva ryari kugeza ryari? inzu zizasenywa ni izubatswe kuvaryari kugeza ryari

turchrish yanditse ku itariki ya: 19-09-2017  →  Musubize

Ubuyobozi buvuga ko ari inzu zose zubatswe kuba juin until today!!!!!

Claver yanditse ku itariki ya: 19-09-2017  →  Musubize

Aya ni amabwiriza y’igihugu cyose ko hose ari ko bimeze?Murabeshya Hari abo mutazakoraho kubera amasano bafitanye n’ibifi binini.

mironko patrice yanditse ku itariki ya: 18-09-2017  →  Musubize

Uwakubwira ibibera mu ishyamba rya Leta rya Gatwaro i karongi ibifi birahari rwose.nta muturage uvuga ni kindi gihugu.

umusesenguzi yanditse ku itariki ya: 20-09-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka