Kagame arasaba Abanyafurika kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa

Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, aratangaza ko Abanyafurika bose aho bava bakagera bakwiye gushyira ingufu mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abgore n’abakobwa. Ariko ku rundi ruhande agashimira intambwe inzego z’umutekano zateye mu guhagurikira iki kibazo.

Ibi yabitangarije mu muhango wo gufungura ku mugararo imyitozo mpuzamahanga yo kurwanya ihohoterwa, kuri uyu wa Kane tariki 11/07/2013. Iyi myitozo irabera ku cyicaro cya Polisi kuri guhera mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Muri uyu muhango, Perezida Kagame yatangaje ko urugamba rwo guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa ari urugamba rurwanwa na benshi kandi bashyize hamwe. Yashimiye intambwe yatewe n’inzego zishinzwe umutekano n’ubwo ari inshingano zabo.

Perezida Kagame yagejeje ijambo ryo kwamagana ihohoterwa rikorerwa abagore n'abakobwa ku banyamahanga bari bahagarariye ibihugu byabo.
Perezida Kagame yagejeje ijambo ryo kwamagana ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa ku banyamahanga bari bahagarariye ibihugu byabo.

Yagize ati: “Ni byiza kubona inzego za Afurika zishinzwe gucunga umutekano ziri mu b’imbere muri uru rugamba runabangamiye umutekano rukaba rukwiye kurwanywa byivuye inyuma ndetse no mu buryo buhuriweho.

Ndizera ko mwemeranya nanjye ko abagore bakomeje gukorerwa ihohoterwa ritandukanye, ryinshi muri ryo ari irishingiye ku gitsina.”

Iyi myitozo yitabiriye n'abapolisi n'abasirikare bavanzemo abagabo n'abagore baturutse mu bihugu 36 bya Afurika.
Iyi myitozo yitabiriye n’abapolisi n’abasirikare bavanzemo abagabo n’abagore baturutse mu bihugu 36 bya Afurika.

Umukuru w’igihugu yatangaje ko abagore bakorerwa ihohoterwa bibagiraho ingaruka na nyuma yo kurirokoka, kuko bituma batongera kwiyitaho no kwita ku miryango yabo cyangwa ikindi icyo ari cyo cyose cyabateza imbere.

Ku bw’ibyo yatangaje ko buri rwego rw’igihugu rukwiye kubigiramo uruhare, ndetse bikanashyirwamo ingufu. Ibyo bikagerwaho abagore bahabwa amahirwe yo kwiteza imbere mu bukungu, nk’uko yakomeje abitangaza.

Abasirikare n'abapolisi bari mu myitozo banakoze akarasisi imbere y'umukuru w'igihugu.
Abasirikare n’abapolisi bari mu myitozo banakoze akarasisi imbere y’umukuru w’igihugu.

Aya mahugurwa yiswe Command Post Exercise (CPX), agamije guhuza ibihugu byasinye amasezerano yo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa mu 2010, kugira ngo byigire hamwe icyakorwa mu kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa.

Agamije kandi gufasha ibi bihugu gusangira ubunararibonye, cyane cyane ko u Rwanda ruri imbere mu kurwanya ihohotwerwa kubera imbaraga rwashyizemo.

Perezida Kagame yaneretswe aho bakorera imyitozo n'uburyo bifashishamo butandukanye mu kurwanya ihohoterwa.
Perezida Kagame yaneretswe aho bakorera imyitozo n’uburyo bifashishamo butandukanye mu kurwanya ihohoterwa.

Ibihugu 36 nibyo byitabiriye aya mahugurwa y’iminsi itanu, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa icyemezo cy’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye cyo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore cyafashwe mu 2008.

By’umwihariko ibihugu bya Afurika birahamagarirwa gukora ibishoboka byose bikarwanya byivuye inyuma ihohoterwa rikomerwa abagore n’abakobwa mu rwego rwo kugira ngo nabo bagire uruhare mu iterambere ry’umugabane.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

murakoze kumakuru mutugezaho kandimeza mukomeze mugere nahandi Mugihugu mutubwire ibyaho murakoze

TUYISENGE yanditse ku itariki ya: 12-07-2013  →  Musubize

murakoze kumakuru mutugezaho kandimeza mukomeze mugere nahandi Mugihugu mutubwire ibyaho murakoze

TUYISENGE yanditse ku itariki ya: 12-07-2013  →  Musubize

Yego haraho bakandamizwa ariko atarukubanga ahubwo arukubera imico yibihugu. Nanone mugemwibukako
haraho nabo bahohotera abagabo. Natwetugetuvuga
ibituremereye.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 12-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka