Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuba ba ntibindeba

Madame Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rw’u rwanda kwirinda kuba ba ntibindeba, ahubwo bagahitamo ikinyabupfura kandi bakirinda ubunebwe.

Ibi Madame Jeannette Kagame yabitangaje mu gihe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Kanama, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko.

Mu butumwa yanyujije kuri twitter, Madame Jeannette Kagame yavuze ko isi urubyiruko rwubaka uyu munsi ari yo si ruzabamo ejo hazaza.

Naho Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, yasabye urubyiruko ko uyu munsi ukwiye kubabera umwanya wo gusuzuma uruhare rwabo nk’urubyiruko mu iterambere ry’igihugu n’isi muri rusange.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka