“Isura y’abicanyi twarayihanaguye”-Ushinzwe guhuza ingabo n’abaturage

Ushinzwe ibikorwa byo guhuza ingabo n’abaturage mu turere twa Karongi na Rutsiro, Cpt Twagira Vianney aratangaza ko isura y’abicanyi u Rwanda rwari rufite mu mahanga rwayihanaguye burundu none ubu igihugu kifuzwa n’amahanga.

Cpt Twagira Vianney aganira n'urubyiruko nyuma y'umuganda
Cpt Twagira Vianney aganira n’urubyiruko nyuma y’umuganda

Ubwo yaganiraga n’urubyiruko rwo mu murenge wa Twumba mu karere ka Karongi nyuma y’igikorwa cyo gutunganya umuhanda ujya ku rwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero, Cpt Twagira yababwiye ko igihe u Rwanda rwafatwaga nk’igihugu cy’abicanyi ubu cyarangiye burundu.

Yatanze urugero rw’uko ubu u Rwanda rusigaye rwiyambazwa n’amahanga mu butumwa bwo kurinda amahoro ku isi, kugeza n’aho u Rwanda ruhabwa ijwi mu kanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano.

Ibi byose Abanyarwanda babigezeho kubera urukundo bafitiye igihugu, urukundo ruhuriza hamwe ingabo n’abaturage mu bikorwa byo kubaka igihugu, ibintu bitigeze bibaho muri Leta yakoze Jenoside; nk’uko Cpt Twagira yabisobanuriye urubyiruko.

Ingabo zifatanyije n'abaturage gukora umuganda
Ingabo zifatanyije n’abaturage gukora umuganda

Cpt Twagira yasobanuye ko imbaraga z’urubyiruko zakoreshejwe mu gusenya igihugu, ubu noneho zirimo gukoreshwa mu kubaka ejo heza, nk’uko insangamatsiko yo kwibuka Jenoside uyu mwaka ibishimangira.

Umuganda wo gukora umuhanda ujya ku rwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero watangiye ahagana mu masaa mbili z’igitondo urangira ku gica munsi.

Witabiriwe n’urubyiruko rutagira ingano, buri wese n’igikoresho cye basibura imigende, ahari ibinogo barahasiba, ingabo na polisi nabo bari bivanze n’abaturage babaye umwe.

GASANA Marcellin

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Capt Vianney TWAGIRA n’umuyobozi mwiza ndamwemera cyne, ndamwibuka twiganye mu ishami ry’ubuganga ku Gisenyi, ndishimye kubona nsomye inkuru ye nziza.

Gisura yanditse ku itariki ya: 12-04-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka