Ishimwe rya Uwacu Julienne wasimbuwe ku buyobozi bwa MINISPOC

Uwacu Julienne wari umaze imyaka itatu ari Minisitiri wa Siporo n’Umuco, yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye amuha kuyobora iyi Minisiteri.

Uwacu Julienne yari amaze imyaka itatu ari Minisitiri w'Umuco na Siporo
Uwacu Julienne yari amaze imyaka itatu ari Minisitiri w’Umuco na Siporo

Ni nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Ukwakira 2018, Perezida Kagame mu bubasha ahabwa n’amategeko yaraye avuguruye Guverinoma, agasimbuza Uwacu Julienne muri iyi Minisiteri hagashyirwamo Min Nyirasafari Esperance wari Min w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango.

Ashimira Perezida Kagame, Uwacu yagize ati” Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame, ku cyizere n’amahirwe mwampaye yo gukorera igihugu ndi umwe mubagize guverinoma muri iyi myaka ishize. Ndabizeza gukomeza gukorera igihugu cyacu aho nzaba ndi hose mu bushobozi bwanjye.”

Min Nyirasafari Esperance ni we wasimbuye Uwacu Julienne muri MINISPOC
Min Nyirasafari Esperance ni we wasimbuye Uwacu Julienne muri MINISPOC

Mu bandi batagaragaye muri Guverinoma nshya harimo, Gen Kabarebe James wari Minisitiri w’Ingabo wagizwe Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano, agasimburwa na Gen Maj Albert Murasira.

Gen Maj Albert Murasira wagizwe Minisitiri w'Ingabo
Gen Maj Albert Murasira wagizwe Minisitiri w’Ingabo

Harimo kandi Francis Kaboneka wari Min w’Ubutegetsi bw’igihugu, wasimbuwe na Prof Shyaka Anastase wari umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB.

Rurangirwa Jean de Dieu wari Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’itumanaho, yasimbuwe na Ingabire Paula, na Minisiteri ihita ihindurirwa izina yitwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo.

Ingabire Paula, Minisiteri w'Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo.
Ingabire Paula, Minisiteri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo.

Munyeshyaka Vincent wari Minisitiri w’Ubucuruzi nawe yasimbuwe kuri iyi Minisiteri, hashyirwamo Hakuziyaremye Soraya.

Hakuziyaremye Soraya wasimbuye Munyeshyaka Vincent muri MINICOM
Hakuziyaremye Soraya wasimbuye Munyeshyaka Vincent muri MINICOM

Muri izi mpinduka hanagaragayemo Minisitiri Mushya w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Madamu Nyirahabimana Solina, wasimbuye Nyirasafari wagiye muri MINISPOC.

Madame Nyirahabimana Solina wagizwe minisitiri w'Uburinganire n'iterambere ry'umuryango
Madame Nyirahabimana Solina wagizwe minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango

Madamu Kamayirese Germaine wari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo ushinzwe ibijyanye n’ingufu, yagizwe , Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi.

Kamayirese Germaine wagizwe Minisitiri w'ibikorwa by'ubutabazi
Kamayirese Germaine wagizwe Minisitiri w’ibikorwa by’ubutabazi

Muri izi mpinduka kandi hakaba hatagaragayemo Minisiteri yari ishinzwe Ubutaka n’Amashyamba ( MINILAF).

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ariko nukuri tujye tugira umuco wo kuvugisha ukuri no gushima ibyagezweho.kuko njye mbona kuva bamuha iyi minisiteri yarayikozemo akazi gikomeye pe.turebye neza twasanga imikino yarateye imbere kuko muri manda ye nibwo twagize ikipe yageze kure mumikino nyafrica. Noneho ntitwirengagize ibyamagare uhuryo urwego rwayo rwakomeje kuzamuka. Kugeza naho uwayoboraga ishyirahamwe ryimikino umpamagare namuhaye AKAZI murwego mpuzamahanga.rwose njye mbona harakozwe byinshi abagiyeho bazakomerezaho mukuzamura urwanda rwacu

Jimmy Usengimana yanditse ku itariki ya: 21-10-2018  →  Musubize

warushoboye kwitabira ibirorigusa.ntakindi wamariye iriya ministeri baguhembaga ayubusa genda

g yanditse ku itariki ya: 19-10-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka