Intara y’Uburasirazuba yarengeje miliyoni 172 ku yo yatekerezaga gushyira mu AgDF

Imibare itangwa n’abayobozi ku Ntara y’Iburasirazuba iragaragaza ko muri iyo Ntara barengeje miliyoni 172 ku misanzu bari bateganyije gutanga mu kigega AgDF.

Muvunyi Eric ushinzwe itangazamakuru muri iyo Ntara yabwiye Kigali Today ko imisanzu yari yemewe gutangwa mu Ntara yose kugera kuwa 5 Nzeli yari amafaranga miliyari eshatu, miliyoni 84, ibihumbi 180 na 551.

Uyu munsi ariko ngo kuri iyo Ntara babaruye imisanzu abayituye bamaze kwegeranya, basanga ari miliyari eshatu, miliyoni 256, ibihumbi 455 n’amafaranga 494 y’u Rwanda.

Akarere Igiteranyo cy’imisanzu yatanzwe

Nyagatare 889,514,620

Kayonza 569,598,390

Rwamagana 470,009,465

Bugesera 361,071,790

Ngoma 349,212,977

Gatsibo 303,281,178

Kirehe 257,000,000

Icyicaro cy’Intara 56,767,074

Igiteranyo mbumbe 3,256,455,494

Muvunyi aravuga kandi ko abaturage bakomeje gutanga imisanzu ari benshi, uko bagenda basobanukirwa kurushaho akamaro ko kwiyubakira igihugu ku buryo bishoboka ko aya mafaranga yaziyongera cyane mu minsi iri imbere.

Muri iyo Ntara kandi ngo bakomeye ku ihame ry’uko umusanzu mu kigega AgDF utangwa ku bushake. Abayobozi basabye abayituye bose kugaragaza umuyobozi w’ibanze wagira uwo ahatira gutanga umusanzu ku gahato, akaba ngo yakurikiranwa.

Kugera ubu ariko ngo ntaho iyo migirire mibi iragaragara mu Ntara y’Uburasirazuba; nk’uko umuvugizi w’Intara y’Uburasirazuba abyemeza.

Ahishakiye Jean d’Amour

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka