Inkangu yafunze igice cy’umuhanda Huye-Akanyaru (Amafoto)

Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Akanyaru ko kubera inkangu yaguye mu Murenge wa Ngoma, Akagari ka Fugi, mu Karere ka Nyaruguru, uyu muhanda uri gukoreshwa igice kimwe cyonyine.

Igice kinini cy'umuhanda cyangiritse
Igice kinini cy’umuhanda cyangiritse

Uyu muhanda wacikiye hafi y’umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi, hafi neza y’inyubako y’isoko mpuzamipaka ryo ku Kanyaru, (Cross Border Trade Complex).

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Fugi, François Xavier Ntakirutimana , yabwiye Kigali Today ko uyu muhanda wari umaze iminsi ugaragaza ibimenyetso byo gucika, ariko ko igice cyawo kimwe cyacitse kuwa mbere tariki 09 Ukuboza 2019, ahagana saa kumi z’umugoroba.

Uyu muyobozi avuga ko aho uwo muhanda wacikiye hanyura akagezi gato kitwa Uruharamagara, kari kamaze iminsi kuzura kubera imvura nyinshi, ndetse rimwe na rimwe amazi yako akarenga akagera mu muhanda.

Ibi ngo bishobora kuba ari byo byabaye intandaro yo kwangirika k’uyu muhanda.

Uyu muyobozi kandi yabwiye Kigali Today ko ubu imodoka titwara abagenzi ndetse n’izindi modoka nini ziri kugera aho uwo muhanda wacikiye zigahagarara, bagapakurura ibirimo, naho abagenzi bakamanuka n’amaguru bajya ku mupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi.

Icyakora ngo imodoka ntoya ndetse n’ibindi binyabiziga nka moto n’amagare byo bishobora gutambuka bikoresheje igice cy’umuhanda kitarangirika.

Polisi y’u rwanda yatangaje kuri Twitter ko imirimo y’ubutabazi ikomeje, kugira ngo ibice byombi by’umuhanda byongere kuba nyabagendwa.

Andi mafoto:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

hahhhhh barangiza ngo ruswa yaraciwe rwanda is nbr one muguca ruswa ubu kweri uyu muhanda nta ba supervisor wagiraga

tms yanditse ku itariki ya: 11-12-2019  →  Musubize

AFRICA WARAKUBITITSE PE.UMUHANDA WARARIWE KUMUGARAGARO .NTA CANALISATION YAKOZWE NU GUSONDEKA GUSA.MURAKO.

walelo yanditse ku itariki ya: 10-12-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka