Ingabo z’u Rwanda zongeye kwambikwa imidari y’ishimwe

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Santarafurika zambitswe imidari y’ishimwe kubera ubwitange, ubunyamwuga n’ikinyabupfura zigaragaza mu kazi.

Ibirori byo kwambika imidari izo ngabo byabereye i Bangui mu kigo cya gisirikari kizwi nka Socatel Mpoko Military Camp, tariki 16 Mutarama 2016.

Ibi birori byayobowe n’Uwungirije Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni muri MINUSCA (Ingabo zibungabunga amahoro muri Santarafurika), Ambasaderi Diane Corner.

Ambasaderi Diane Corner yambika imidari Ingabo z'u Rwanda.
Ambasaderi Diane Corner yambika imidari Ingabo z’u Rwanda.

Umuyobozi ushinzwe abakozi mu butumwa bwa MINUSCA, Lt Col Mensah yashimye Ingabo z’u Rwanda zaburijemo igitero cyari kigiye kugabwa ku ngoro ya Perezida wa Santarafurika, tariki 28 Nzeri 2015.

Icyo gihe abigaragambyaga bari bagiye gufata ingoro ya Perezida Catherine Samba Panza yagiye mu butumwa bw’akazi.

Ashimira Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa MINUSCA, yagize ati “Mwarahagurutse murinda inzego z’ubuyobozi n’ingoro y’umukuru w’igihugu, ubu inzego zose za guverinoma zirakora neza; mwarakoze ku bw’icyo gikorwa cy’umurava.”

Ingabo z'u Rwanda zashimiwe ubunyamwuga n'ikinyabupfura zigaragaza mu kazi ko kubungabunga amahoro.
Ingabo z’u Rwanda zashimiwe ubunyamwuga n’ikinyabupfura zigaragaza mu kazi ko kubungabunga amahoro.

Igikorwa cyo kwambika imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa, cyakirijwe yombi n’abaturage b’icyo gihugu, ndetse n’abayobozi barimo Minisitiri muri Perezidansi ya Santarafurika, Charles Kenguembat n’umuyobozi wa MINUSCA, Maj Gen Balla Keita.

Si ubwa mbere Ingabo z’u Rwanda zishimirwa ubwitange, ubunyamwuga n’ikinyabupfura zigaragaza mu kazi ko kubungabunga amahoro.

Mu mwaka ushize na bwo Umuryango w’Abibumbye washimiye mu bihe bitandukanye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Santarafurika no muri Sudani.

Amafoto: MoD

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

ingabo z’u rwanda zikora neza akazi kazo ni izo gushimirwa

julien yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize

turashimira ingabo zurwanda zikomeza kuduhesha ishema hmumahanwga

betty yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize

Oyeee nibyiza nibakomeze bakorane umurava bakomeje kwerekana isura nziza yahobaturutse(RWANDA NZIZA)

nzeyimana maric yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka