Ingabo z’u Rwanda nizo zirinze Perezida mushya wa Centrafrique

Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziherutse koherezwa mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Republika ya Centrafrique, zahise zitoranywamo izigomba gucunga umutekano wa Perezida mushya w’icyo gihugu.

Kuri uyu wa mbere taliki 20/01/2014, nibwo inteko ishinga amategeko ya Centrafrique yatoreye madamu Catherine Samba-Panza kuba Perezida w’inzibacyuho w’iki gihugu.

Mu birori byo kwimika uyu mu perezida w’inzibacyuho wa Centrafrique, umwe mu basirikare ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu, niwe wagaragaye nk’icyegera cya hafi (close body guard) cya Perezida Samba-Panza amucungiye umutekano.

Kuva taliki 16/01/2014, indege za gisirikare z’America (C17) zatangiye gutwara ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (CAR).

Abasirikare b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bose bagera kuri 850 bayobowe na Lt Col Jean Paul Karangwa.

Umusirikare wa RDF niwe cyegera cya hafi cya Perezida mushya wa Centrafrique, Catherine Samba-Panza. (Photo.Al Jazeera).
Umusirikare wa RDF niwe cyegera cya hafi cya Perezida mushya wa Centrafrique, Catherine Samba-Panza. (Photo.Al Jazeera).

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig.Gen. Joseph Nzabamwita, atangaza ko izi ngabo zoherejwe muri Centrafrique arizo muri batayo ikoresha ibikoresho binini bya gisirikare, ibi bikaba bijyanye n’inshingano bahawe arizo; kurinda umutekano w’abaturage ba kiriya gihugu, guhashya umwanzi mu gihe bibaye ngombwa ndetse no gucunga umutekano w’abayobozi bakuru.

Akimara gutorerwa kuyobora iki gihugu cyazahajwe n’imvururu zishingiye ahanini ku bwoko bw’abakirisitu n’abayisilamu, perezida mushya wa Centrafrique, Catherine Samba-Panza yatangarije itangazamakuru ko yiteguye kugarura amahoro n’umutekano mu gihugu cye, ariko nanone akavuga ko hagikenewe ingabo mpuzamahanga mu kumufasha kubigeraho.

Dan Ngabonziza

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

Aha ningo mbwakubyiga abantu kuko ningihugu kilimu
ntambara yabasivire naba sirikare ntiwamenya umwa
nzi uwariwe.Nanone inkweto zigiye zisa byababyiza
cyaneee

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 22-01-2014  →  Musubize

Mukomereze aho maze abatabazi bazabamenyere ku bikorwa byanyu byiza! ntawuzabavogera!! iryo naryo ni ishema mugize kandi rizabaha imbaraga zo gukomereza n’ahandi hatari aho!! na za siriya muzagerayo!!

twagira yanditse ku itariki ya: 22-01-2014  →  Musubize

Muragahorane amata ku ruhimbi Ngabo zacu!! Mbona n’Isi muzayirinda kandi amahoro akazaba intandaro y’abanyarwanda! mukomeze umurego tubari inyuma!!

rwesa yanditse ku itariki ya: 22-01-2014  →  Musubize

Umutekano kereka aho batawukeneye uwo musanzu twarawiyemeje, kandi tuzawugeraho!!

gaserebere yanditse ku itariki ya: 22-01-2014  →  Musubize

Tuzabarinda ni ahatari hariyatuzajyayo!!

Gatera yanditse ku itariki ya: 22-01-2014  →  Musubize

Ibi bigaragaza icyizere n’ubushobozi RDF ifitiwe muruhando rw’amahanga. Bravo RDF.

celestin yanditse ku itariki ya: 22-01-2014  →  Musubize

Wow RDF songa mbele you’re still the ONE

JMarie Nz yanditse ku itariki ya: 22-01-2014  →  Musubize

Twishimiye icyizere u Rwanda rwagiriwe n’ amahanga, igisigaye aya mahirwe tuyabyaze umusaruro twongera imbaraga z’igihugu cyacu. Congratulations.

munyemma yanditse ku itariki ya: 21-01-2014  →  Musubize

Ariko bashake indi myenda myiza iri smart kandi agabanye kubyiga abantu nk’uko nabibonye kuri Africa24.

BABA yanditse ku itariki ya: 21-01-2014  →  Musubize

erega ntiwarinda abaturage udahereye ku muyobozi bigatuma aricyo gituma RDF ihora ku isona muri Africa komeza ibigwi Rwanda yacu.

Uwase yanditse ku itariki ya: 21-01-2014  →  Musubize

Uyu nibyo koko ni RDF, ni ibendera kuri uniform ni Rwanda.

Yitwa Lt Claude Kayisire, Bravo kandi courage ubwo ni ukumenya nyine uko wubahiriza "VIP protection"!

Ngabo yanditse ku itariki ya: 21-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka