Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2020, Perezida wa Repubulika yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.

Iyo nama y’Abaminisitiri yasuzumye ingamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya covid-19, yemeza n’ingamba zigomba gukurikizwa.

Inama nk’iyi yaherukaga guterana ku wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2020, iteraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Icyo gihe Inama y’Abaminisitiri yasabye Abanyarwanda kutirara na gato, ahubwo bakongera imbaraga mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Abantu bose kandi icyo gihe basabwe kugabanya ingendo zitari ngombwa harimo no kugabanya gusurana mu miryango igihe bidakenewe.

Iyo nama y’Abaminisitiri yasuzumye ingamba zafashwe, yemeza n’ingamba zigomba gukurikizwa zo gukumira ikwirakwira ry’Icyorezo cya COVID-19, iteganya ko zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15, hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima.

Kanda HANO urebe ibyemezo inama y’ubushize yari yafashe.

Bimwe mu byo benshi bari bategereje kumva icyo iyi nama yabyanzuyeho birimo ibyerekeranye n’ifungurwa ry’amashuri, ifungurwa ry’utubari no gukomorera abatwara abagenzi ku magare.

Abantu kandi bari bategereje kumva icyo iyi nama ivuga ku ngendo zijya n’iziva mu Karere ka Rusizi, gufungura imipaka, ndetse no kuba amasaha yo kugera mu rugo ashobora kwigizwa inyuma ya saa tatu z’ijoro.

Nyamara iyi myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri ubwo yasohokaga, nta mpinduka nyinshi zagaragayemo ugereranyije n’ingamba zari zisanzwe.

Dore ibikubiye muri iyo myanzuro:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka