Imiyoborere dukeneye ni ishyira umuturage ku isonga - Minisitiri Gatabazi

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yabwiye abayobozi mu nzego zinyuranye zo mu Karere ka Gakenke, ko imiyoborere ishyira umuturage ku isonga ari yo ikenewe, kugira ngo abashe kugera ku iterambere rirambye.

Abayobozi batambagijwe ibice bitandukanye by'iyi nyubako
Abayobozi batambagijwe ibice bitandukanye by’iyi nyubako

Ubu butumwa yabugarutseho ku wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, ubwo yifatanyaga n’abaturage b’Akarere ka Gakenke, gutaha ku mugaragaro inyubako nshya y’ibiro by’Akarere, yuzuye itwaye Miliyari 1,5 y’Amafaranga y’u Rwanda.

Iyi nyubako y’amagorofa abiri, iherereye mu Mudugudu wa Kabaya, Akagari ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke, ahitegeye umusozi wa Kabuye, wihariye igice kinini cy’ubukerarugendo bukorerwa muri ako gace.

Ifite ibyumba 56 byo gukoreramo, ibyumba mberabyombi bitatu harimo n’ibyakira inama zitabirwa n’abantu benshi, hiyongereyeho n’icyumba kizwi nka ‘Video Conference’, ikagira n’ahantu hagutse hagenewe guparika ibinyabiziga.

Inyubako nshya y'ibiro by'Akarere ka Gakenke y'amagorofa abiri yuzuye itwaye Miliyari 1,5
Inyubako nshya y’ibiro by’Akarere ka Gakenke y’amagorofa abiri yuzuye itwaye Miliyari 1,5

Ahereye ku byo iyo nyubako yitezweho, Minisitiri Gatabazi, yashimangiye ko ari imbarutso y’imikorere ishyira umuturage ku isonga.

Yagize ati “Iyi nyubako nshya twatashye uyu munsi, ni ikimenyetso cyibutsa inshingano nyamukuru dusabwa kwitaho, zo gushyira umuturage ku isonga. Ibi biro biri mu bikorwa byinshi bigenda bigerwaho by’iterambere, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yari yaremereye abaturage. Tukaba twizeye neza ko serivisi zizahatagirwa, zikubiye mu ntego yo gushyira imbere kumva umuturage, kumukemurira ibibazo, no kumurinda gusiragizwa ashaka serivisi”.

Minisitiri Gatabazi, yabwiye abayobozi ko n’ubwo babonye aho gukorera hajyanye n’igihe, bitabaha uburenganzira bwo kubyicaramo gusa, ngo birengagize kwegera abaturage iwabo mu Midugudu.

Minisitiri Gatabazi yabwiye abayobozi ko imiyoborere ishyira umuturage ku isonga ari yo ikenewe
Minisitiri Gatabazi yabwiye abayobozi ko imiyoborere ishyira umuturage ku isonga ari yo ikenewe

Abaturage barimo uwitwa Mukundiyukuri Emmanuel, wo mu Murenge wa Karambo, yishimiye imbaraga zashyizwe mu kubaka ibiro by’Akarere, biri kuri uru rwego.

Yagize ati “Ni inyubako itangaje tutari twarigeze tubona muri kano Karere kacu. Aho kari gasanzwe gakorera, hari kure cyane, mu mfundanwa, mu misozi ihanamye, bikatugora mu gihe tugiyeyo kwaka serivisi. Ubu ahangaha hashyashya ni heza, hegereye umuhanda wa kaburimbo kandi horoheye umuntu wese, kuko hasa n’aho ari hagati. Aya ni amateka mashya abanyagakenke twanditse, yo kuba twinjiye mu cyerekezo cy’iterambere ry’igikorwaremezo nk’iki, twabyakiriye neza cyane”.

Inyubako ifite ibiro 56 abakozi bakoreramo bisanzuye
Inyubako ifite ibiro 56 abakozi bakoreramo bisanzuye

Yunganirwa na Tuyizere Aminarine, wo mu Murenge wa Gakenke, wagize ati “Ubu ibyo gushakira serivisi kure, mu nyubako twinjiragamo dufite igihugunga n’ubwoba bw’uko ziduhirimaho, bibaye amateka! Dushimiye umukuru w’Igihugu cyacu Paul Kagame, ukomeje kutwegereza iterambere riri ku muvuduko wo hejuru, natwe tumwizeza ko tutazigera tumutenguha ngo twigire intashoboka”.

Ubwo ibi biro bishya by’Akarere byubakwaga, abasaga 1200 biganjemo abaturage bo muri kano Karere, bahaboneye imirimo, babasha kwikenura, bagura amatungo, bavugurura imiturire ndetse barizigama.

Aho ibiro bishya by'Akarere byubatswe hitegeye umusozi wa Kabuye ukunze gusurwa na ba mukerarugendo
Aho ibiro bishya by’Akarere byubatswe hitegeye umusozi wa Kabuye ukunze gusurwa na ba mukerarugendo

Intambwe yo gukorera muri ibi biro bishya, igezweho nyuma y’igihe kinini cyari gishize Akarere ka Gakenke gakorera mu nyubako zari zimaze imyaka isaga 42, izifatwa nk’izitari zikijyanye n’igihe, bitewe no gusaza kandi ari ntoya.

Muri iyi nyubako hari icyumba mberabyombi izajya ikorerwamo inama zitandukanye
Muri iyi nyubako hari icyumba mberabyombi izajya ikorerwamo inama zitandukanye
Minisitiri Gatabazi JMV(hagati)ari kumwe n'uwahoze ayobora Gakenke Nzamwita Deo(ubanza) ndetse n'Umuyobozi w'Akarere ka Gakenke Nizeyimana Jean Marie Vianney
Minisitiri Gatabazi JMV(hagati)ari kumwe n’uwahoze ayobora Gakenke Nzamwita Deo(ubanza) ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke Nizeyimana Jean Marie Vianney
Akarere kakoreraga mu nyubako zimaze imyaka isaga 42
Akarere kakoreraga mu nyubako zimaze imyaka isaga 42
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka