Imihanda ya kilometero 4.9 yo mu mujyi wa Huye igiye gushyirwamo kaburimbo

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko mu mpera z’uyu mwaka w’ingengo y’imari 2021-2022, bazatangira gushyira kaburimbo ku bilometero 4,9 mu mihanda yo mu mujyi wa Huye.

Umuhanda Rwabuye-ibiro by,umurenge wa Mbazi ugiye gushyirwamo kaburimbo
Umuhanda Rwabuye-ibiro by,umurenge wa Mbazi ugiye gushyirwamo kaburimbo

Iyo mihanda ni ibiri, harimo uw’ibilometero 4 uturuka ahitwa mu Rwabuye ukagera ku biro by’Umurenge wa Mbazi, n’uw’ibilometero 0.9 uturuka aho taxi zihagarara i Tumba, ukanyura ku biro by’Umurenge wa Tumba, ugatunguka kuri kaburimbo igana mu Irango.

Iyi mihanda ni mikeya ku yiteganywa gutunganywa mu mujyi i Huye, ugendeye ku gishushanyo mbonera cy’icyerekezo 2050, ariko Meya Sebutege avuga ko iyo bamaze kubonera ubushobozi ari iriya, kandi ko n’indi izagenda ikorwa.

Agira ati “Igishushanyo mbonera kigenda gishyirwa mu bikorwa gahoro gahoro. Icyo dufite ni n’icy’icyerekezo 2050. ”

Mu yindi mihanda iteganywa kuzashyirwamo kaburimbo mu mujyi i Huye, harimo uzaturuka aho bita kwa Nkundabagenzi, ukanyura ku biro by’Umurenge wa Mbazi, ugatunguka i Simbi.

Umuhanda wa 0.9Km uzashyirwamo kaburimbo i Tumba
Umuhanda wa 0.9Km uzashyirwamo kaburimbo i Tumba

Harimo n’ushobora kuzanyura kuri Magerwa ugatunguka ku Mukoni, ndetse n’uturuka ku Gasantere k’Agahenerezo mu Murenge wa Huye, ukanyura ku biro by’uwo murenge, ugatunguka ahitwa ku Kamatyazo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Umuhanda uva ku Gateme ugera kumashuri GS Cyarwa wo ndabona warabuze kivugira pe. Inshuro umaze gupimwa ngo ukorwe ariko bikarangira udakozwe ntizibarika. Umenya Cyarwa rwose yarabuze ubuvugizi kuko ni umwe mumuhanda igendwa cyane muri Huye nyamara warangiritse kuburwo bukomeye.

Bosco yanditse ku itariki ya: 27-06-2022  →  Musubize

Umuhanda uva ku Gateme ugera kumashuri GS Cyarwa wo ndabona warabuze kivugira pe. Inshuro umaze gupimwa ngo ukorwe ariko bikarangira udakozwe ntizibarika. Umenya Cyarwa rwose yarabuze ubuvugizi kuko ni umwe mumuhanda igendwa cyane muri Huye nyamara warangiritse kuburwo bukomeye.

Bosco yanditse ku itariki ya: 27-06-2022  →  Musubize

Mutubarize nyakubahwa mayor kuki umuhanda Cyarwa ugana kumashuri baje bakanatera nimambo nyuma bakazirandura harazira iki kuki umuhanda utakozwe kdi rwose habaye nabi.mutubarize rwose

Alias yanditse ku itariki ya: 25-03-2022  →  Musubize

Ariko mumihanda itecyerezwa rwose numuhanda ugana Mpare Nyacyibanda Kadahokwa nawo watuma umujyi waguka Huye oyeeeeee

Alia yanditse ku itariki ya: 24-03-2022  →  Musubize

Byaba byiza mudukoreye umuhanda uturuka kugateme ukagera icyarwa kumashuri urakenewe murwego rwoguteza imbere akagari ka cyarwa.

Mupenzi yanditse ku itariki ya: 24-03-2022  →  Musubize

Mwaramutse neza? ibi bitecyerezo mwanditse ndabishyigikiye ariko munyemerere nongereho SAVE - RUGUGWE na RUGARAMA ( mu Rugarama)
Murakoze

Munyakayanza Celestin yanditse ku itariki ya: 24-03-2022  →  Musubize

Mutubarize Bwana Mayor niba atazi umuhanda uva ahitwa kugateme i CYARWA werekeza ku mashuri i cyarwa wabaye igisoro

Jeqn zilly yanditse ku itariki ya: 24-03-2022  →  Musubize

Mwiriwe?mumihanda itekerezwa umuhanda uturuka SAVE kumuhanda munini wa KIGALI-BUTARE SAVE-RUGOGWE-Rugarama nawo utekerezweho cyane kuko uzinjiriza igihugu imisoro kubera amasoko ahari urujya nuruza,niterambere rihari rishingiye kubukungu buhari

alias yanditse ku itariki ya: 23-03-2022  →  Musubize

Nibyo rwose uwo muhanda nawo urakenewe ariko urumvako Mayor yatanze ikizereko hari nindi izakorwa uko ubushobozi buzagenda buboneka kdi buzaboneka nawo uzakorwa rwose!
Huye oyeeee!!!!
Dukorane umurava,Dutere imbereeee!!!!

Rukundo yanditse ku itariki ya: 24-03-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka