Imihanda ihurira mu Kanogo yafunzwe kubera kubaka ikiraro kiyihuza

Polisi y’u Rwanda iramenyesha Abaturarwanda bose ko kubera imirimo yo kubaka ikiraro gihuza imihanda ihurira mu isangano ryo mu Kanogo, imihanda Kanogo-Rugunga-Kiyovu na Rugunga-Rwampala (KK 2Ave na KK 31Ave) ifunze kuva ku wa Kane tariki ya 14 kugeza tariki ya 21 Gicurasi 2020.

Ahari akamenyetso gatukura karagaragaza umuhanda ufunze, naho ak'icyatsi kibisi karagaragaza umuhanda ufunguye
Ahari akamenyetso gatukura karagaragaza umuhanda ufunze, naho ak’icyatsi kibisi karagaragaza umuhanda ufunguye

Mu itangazo yanyujije kuri twitter, Polisi y’u Rwanda iragira abantu inama yo gukoresha indi mihanda.

Yamenyeshe abakoresha iyo mihanda kandi ko hari abapolisi bari ku muhanda, kugira ngo babafashe kubayobora mu yindi mihanda bakwifashisha. Abakoresha iyi mihanda barasabwa kwihanganira impinduka zabaye mu ikoreshwa ryayo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka