Ikibazo cy’ibiciro by’ingendo cyangezeho – Perezida Kagame
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko ibibazo by’ingendo bigiye kwigwaho bigakemurwa. Yabitangaje kuri uyu wa 22 Ukwakira 2020 ubwo yakiraga indahiro y’abasenateri 6 barahiriye imirimo mishya nk’intumwa za rubanda muri Sena.
Perezida wa Repubulika yagarutse ku kibazo cy’ibiciro by’ingendo aho abantu bamaze iminsi bavuga ko ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zihenze, na we koko avuga ko ari ikibazo gifite ishingiro.
Ati "Maze iminsi mbona abantu batakamba ku kibazo cy’ingendo ko bibahenda iyo bava ahantu bajya ahandi. Icyo ni ikibazo kubera ko na none nyine umuntu akurikije amateka y’iki cyorezo duhanganye na cyo, uko tugenda tugisohokamo, dutera intambwe, ntabwo ibintu byose byahera ko bisubira uko byari bimeze."
Perezida wa Repubulika akomeza agira ati "Ni nako icyo usaba abantu na cyo cyaba kiganisha muri uko kwiyubaka, gutera intambwe kurusha guhera imbere, ugahera aho ugeze ukagerageza gutera imbere."
Perezida wa Repubulika yijeje ko ibyo bibazo biri bwigweho harebwe ibishoboka. Ariko na none yavuze ko n’ubwo abantu binubira ibiciro by’ingendo, kuba bagenda ahubwo ari indi ntambwe yatewe kubera ko mbere ntawagendaga.
Ati "Ariko na none bivuze ko aho abantu kumva ko kugenda bibahenda bibabangamiye ubwo na yo ni intambwe twateye kubera ko aho tuva ni uko ahubwo ntawari ukwiye kuba agenda. Ubu twavuye aho tutagendaga, tugeze aho tugenda ariko bikatuvuna ubwo turashaka ikibazo aho kiri kugira ngo abantu bashobore kugenda hanyuma na cyo dushake umuti wacyo ariko icyo kiroroshye kurusha uko twicaraga mu rugo ntìtugire aho tujya ahubwo."
Inkuru bijyanye:
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’Abasenateri bashya (Amafoto)
Inkuru zijyanye na: RURA n’ibiciro by’ingendo
- Turishimye kubera igabanuka ry’ibiciro by’ingendo - Abagenzi
- Reba ibiciro bishya by’ingendo bivuguruye
- RURA yahagaritse icyemezo yari iherutse gufata ku biciro by’ingendo
- Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byakiriye ibibazo by’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu
- Menya impamvu hari imihanda yo muri Kigali yazamuriwe igiciro cy’ingendo
- RURA yasobanuye impamvu ibiciro byo gutwara abagenzi bitasubiye uko byahoze mbere ya Covid-19
- Hari abavuga ko ibiciro bishya byo gutwara abagenzi byabagoye
- Reba uko ibiciro bishya by’ingendo mu modoka za rusange bihagaze
- Ibiciro by’ingendo mu modoka za rusange byagabanutse
- Kubahiriza amabwiriza y’ingendo mu modoka rusange bizatangira nyuma yo kuvugurura ibiciro - RURA
Ibitekerezo ( 6 )
Ohereza igitekerezo
|
Babyeyi bacu ndabashimiye komwumvishe ibitecyerezo byacu nukuri
Turashimira umubyeyi wacu ko batugabanirije ibiciro byatugoraga Kandi nibindi byinshi badufashamo,,,ariko mfite ikindi kifuzo kuburezi,,,abarimu basabye guhindurirwa ibigo numva bikunze babafasha kuko nabatangizi uko bavuga ngo nigihembwe cyakabiri Kandi nabo bazigisha,,,kereka batabashyizemo nabo bagombaga kuboneka mugihembwe cyambere,,,ireme ry’uburezi rigende neza umwarimu akorera hafi y’umuryango we byafasha muburezi,,,murakoze kudufasha
Nukur turabashimita babyeye uko mwakira ibibazo byabaturage murakoze
nukuri babyeyi bacu muturwanehopee!! ingendo nikibazo ubu dufite ntamuntu ugitega kubera shatikar kiyongereye byibura bagabanyeho duke turebeko ingendo byatworohera murakoze cyana
Turashimira abayobozi bacu ko bita kubibazo byacu
Nukuri Ababasha kutuvuganira Nibadufashe pe byatugoye Kubyakira Kudufashe Nabanyeshuri Bagegutaha