Icyizere ni cyose ku bakandida-depite b’uyu mwaka
Bamwe mu bakandida bigenga bazahatana mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2018, bemeza ko biteguye bihagije ku buryo ngo badashidikanya ku ntsinzi.

Babitangaje kuri uyu wa 8 Kanama 2018, ubwo Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) yagiranaga inama n’Abakandida bose bari ku rutonde rw’abemerewe guhatana muri ayo matora, ikaba yari inama igamije kubasobanurira imyitwarire ikwiye kuranga Abakandida mbere y’uko ibikorwa byo kwiyamamaza bitangira.
Mpayimana Philippe , umukandida wigenga muri ayo matora wanahatanye mu matora y’Umukuru w’igihugu aheruka mu Rwanda ariko ntagire amahirwe yo kuyatsinda, avuga ko ubu yizeye intsinzi adashidikanya.
Agira ati “Aya matora atandukanye n’ay’ubushize kuko yo yari arimo ikipe ikomeye cyane kandi n’umwanya uhatanirwa wari umwe mu gihe ubu ari myinshi. Ubu rero nditeguye bihagije, ngiye kwerekana icyo nshoboye, cyane ko ubu byoroshye ugereranije n’ubushize”.
Arongera ati “Kuyobora igihugu no gushyiraho amategeko biratandukanye, ubushize twasabwaga 50% none turasabwa 5% gusa, nizeye kuyarenza”.

Undi mukandida wigenga, Ntibanyendera Elissam Salim, na we yemeza ko akurikije ubunararibonye afite mu buyobozi nta kibuza ko azarenza amajwi asabwa umukandida wigenga.
Ati “Nifitiye icyizere kuko ntagifite sinari guta umwanya nshaka imikono y’abanshyigikira. Ikindi ni imigabo n’imigambi yanjye ihamye nzageza ku Banyarwanda ndetse nkaba mfite n’ubunararibonye mu buyobozi, ndateganya kurenza 5% nkagira nibura 7%”.
Ntibanyendera ubusanzwe ngo amenyerewe mu bikorwa byo gufasha abafite ibibazo byo mu mutwe cyane ko ari n’umuyobozi wa HVP Gatagara, ikigo cyita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe.

Perezida wa Komisiyo y’amatora, Prof. Kalisa Mbanda, yasabye abiyamamaza bose muri rusange kuzirinda imvugo zisebanya, hagamijwe imigendekere myiza y’amatora.
Ati “Kwiyamamaza ni ukwivuga ibigwi, si ukuvuga ibyo undi atabasha kugeza ku gihugu, ni ukwivuga ugamije kubona amajwi utavuga ibyayakura kuri mugenzi wawe. Tugomba kwiyamamaza tudasebanya, tudatera imvururu ndetse tutanatera amacakubiri mu Banyarwanda”.
NEC iteganya ko kwiyamamaza bizatangira kuri uyu wa mbere tariki 13 Kanama bigasozwa ku ya 1 Nzeri 2018, na ho amatora akazaba kuva ku itariki ya 2 kugeza ku 4 Nzeri 2018.

Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
Ohereza igitekerezo
|