Icyenda bazahagararira u Rwanda muri EALA bamaze gutorwa

Mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda habereye amatora y’abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Kane y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(4th EALA).

Fatuma Ndangiza umwe mu bakandida batanzwe na RPF batowe
Fatuma Ndangiza umwe mu bakandida batanzwe na RPF batowe

Aba badepite batowe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Gicurasi 2017, bagomba gusimbura bagenzi babo basoje manda muri iyi nteko, barimo bamwe batemerewe gusubira muri iyi nteko kuko basoje manda ebyiri ziteganywa n’amategeko.

Muri aba badepite batowe harimo bane batanzwe n’umuryango wa RPF Inkotanyi, mu ishyaka rya P L riharanira ukwishyira ukizana ndetse na PSD riharanira Demokarasi, hatorwa umukandida umwe umwe kuri buri shyaka.

Muri aya matora kandi batoye abandi bakandida batatu bagomba guhagararira Urubyiruko, Abagore, ndetse n’abagomba guhagararira abafite ubumuga muri EALA.

Oda Gasinzigwa, Martin Ngoga, Rwigema Pierre Celestin, na Fatuma Ndangiza nibo bakandida batanzwe n’Umuryango wa RPF inkotanyi, batorewe guhagararira u Rwanda muri EALA.

Oda Gasinzigwa yatorewe gusubira mu Nteko ya EALA
Oda Gasinzigwa yatorewe gusubira mu Nteko ya EALA

Muri aya matora Kandi Rutazana Francine ukomoka mu ishyaka riharanira ukwishyira ukizana (PL) niwe watowe, hanatorwa Francois Xavier Kalinda watanzwe n’ishyaka rya PSD riharanira demokarasi.

Francine Uwumukiza niwe watorewe guhagararira Abagore muri iyi nteko, mu bafite ubumuga hatorwa Bahati Alex naho Jean Claude Barimuyabo w’imyaka 27 atorerwa kuuzahagararira urubyiruko.

Martin Ngoga wahoze ari umushinjacyaha mukuru nawe yatorewe gusubira muri iyi Nteko ya EALA
Martin Ngoga wahoze ari umushinjacyaha mukuru nawe yatorewe gusubira muri iyi Nteko ya EALA
Uwumukiza Francine yatorewe guhagararira Abagore
Uwumukiza Francine yatorewe guhagararira Abagore
Jean Claude Barimuyabo niwe watorewe guhagararira Urubyiruko
Jean Claude Barimuyabo niwe watorewe guhagararira Urubyiruko

Aba badepite batorewe manda y’Imyaka itanu yongerwa inshuro imwe, bakazemezwa nk’Abadepite ba EALA nyuma yo kurahirira imbere y’Inteko ishinga amategeko ya EALA.

Iyi nteko ya Kane y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba itowe, mu gihe mu minsi ishije EALA yagaragaje imbogamizi y’amikoro adindiza idindiza ibikorwa byayo bya buri munsi.

Buri gihugu kigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, gisabwa kuba cyatanze umusanzu wa EALA ungana n’Amadolari ya Amerika 8,378,108 mbere ya tariki 31 z’Ukuboza kwa buri mwaka, kugira ngo ibikorwa bya EALA bibashe gutungana.

Ariko mu Nteko rusange y’uyu muryango iherutse kubera mu Rwanda muri Werurwe 2017, hagaragajwe ko mu Ngengo y’Imali yayo ya 2016-2017, igihugu cy’u Burundi kitigeze kiyigiramo uruhare, ndetse kikaba cyari gifite ibirarane by’imyaka yashize bingana n’ amadolari y’Amerika 771, 037.

Muri iyi nteko kandi hanagaragajwe ko no mu bihugu byatanze umusanzu nta na kimwe cyari cyuzuza umusanzu wacyo w’uyu mwaka kuko Uganda yamaze kwishyura 91.53%, Kenya 52.4%, Rwanda 48.07%, na Tanzania 30.47%.

Kubera iki kibazo cy’amikoro cyugarije EALA, mu myanzuro bafashe muri iyi nteko rusange bemeje ko bagiye kuzajya bifashisha iyakure mu nama zimwe na zimwe zibahuza, buri wese akayigiramo uruhare atavuye aho ari, (video conferencing), kugira ngo babashe guhangana n’icyo kibazo cy’ubukene kibugarije.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Na mahoro Abo Ba Depite Turabashyigikiye Twizeye ko Bazakomereza Aho Bagenzi babo Bari bagejeje Imana ibahe Umugisha Usendereye Murakoze Cane!

Etienne Ariasi yanditse ku itariki ya: 22-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka