Ibintu bifite agaciro ka Miliyoni 198 ni byo byangijwe n’inkongi

Ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 198 nibyo byangijwe n’inkongi yafashe inyubako Makuza Peace Plaza iherereye mu mujyi wa Kigali Akarere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu tariki 3 Nyakanga 2024.

Ibintu bifite agaciro ka Miliyoni 198 nibyo byangijwe n'inkongi yibasiye inzu ya Makuza Peace Plaza
Ibintu bifite agaciro ka Miliyoni 198 nibyo byangijwe n’inkongi yibasiye inzu ya Makuza Peace Plaza

Nyuma y’uko inkongi ifashe iyi nyubako hakabarurwa ibyangijwe nayo, basanze bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni 198.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga avuga ko inyubako ifite ubwinshingizi ariko ibicuruzwa banyirabyo ntabwo bari barabifatiye.

Icyateye iyi nkongi ngo byaturutse kuri ‘Circuit electric’ yatumye ibyumba byo hasi bifatwa.

Ati “Ibyangijwe n’inkongi n’ibicuruzwa by’abantu batanu bakorera muri iyi nyubako ariko harimo abakoreraga hamwe”.

Ibyangijwe n’inkongi birimo ibintu byifashishwa mu gufunika ibitanda, igitambaro byo kudodamo imyenda, amarido, Telefone, Mudasobwa n’ibindi bikoresho byifashishwa mu ikoranabuhanga.

ACP Rutikanga akomeza agira ati “Amahirwe nuko ntawakomeretse cyangwa ngo ahatakarize ubuzima kuko inzego z’umutekano zatabaye ku gihe”.

ACP Rutikanga agira inama abacuruzi yo gufata ubwinshingizi bw’ibicuruzwa byabo kugira ngo igihe bahuye n’ibyago byo kwibasirwa n’inkongi babashe kwishyurwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka