Umuturage uba mu bukene nta mutekano aba afite - Minisitiri Kabarebe

Minisitiri w ingabo Gen James Kabarebe wifatanyije n’abatuye Akarere ka Nyabihu mu Murenge wa Muringa gutera Ibirayi, yijeje abaturage gutera imbere bafatanyije n’ubuyobozi.

Minisitiri Kabarebe yifatanyije n'abaturage ba Nyabihu mu gikorwa cyo gutera ibirayi
Minisitiri Kabarebe yifatanyije n’abaturage ba Nyabihu mu gikorwa cyo gutera ibirayi

Ibikorwa ngarukamwaka by’Ingabo z’igihugu bigamije gufasha abaturage kwiteza imbere mu buzima bwa buri munsi byiswe "Ingabo mu iterambere ry’abaturage."

Minisitiri Kabarebe avuga ko bahinduye izina kuko ibikorwa bitamara icyumweru ahubwo bimara Igihe kirekire.

Yavuze ko ingabo z’u Rwanda zishinzwe imibereho myiza y abaturage, iterambere, umutekano w’abanyagihugu. Yagize ati "Umuturage udafite ubwishingizi, ufite inzara, udafite amafaranga, udafite iterambere nta mutekano aba afite."

Ingabo zifatanya n izindi nzego mu guteza imbere igihugu, kandi ni wo mutekano usesuye ingabo zishaka mu gufasha abaturage kwiteza imbere.

Ati "Ahandi hatangijwe ibikorwa by ubuzima, ahandi bubaka amashuri, ahandi bubakira abatishoboye no kubaka ibikorwa remezo, Nyabihu twifatanyije namwe mu buhinzi.

Minisitiri Kabarebe avuga ko umuturage agomba no kugira ibimutunga
Minisitiri Kabarebe avuga ko umuturage agomba no kugira ibimutunga

Ingabo z’u Rwanda aho, zitandukaniye n izindi ngabo, nyuma yo kugarura umutekano, mu gihe cy’amahoro ingabo z’igihugu zigira uruhare mu kubaka igihugu mu bikorwa by iterambere kuko niyo nshingano zahawe n’umugaba w’ikirenga."

Minisitiri Kabarebe avuga ko ibikorwa bizakomeza mu gufatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere kuko ingabo zibereyeho kwegera abaturage aho kubakanga.
Ati "Kera abasirikare bakangaga abaturage, mu bukwe bagahunga mu nzira bagahunga, ubu ingabo ni abana banyu babavukamo.

Ni yo mpamvu bagaruka kubafasha mu iterambere, naho Umuturage afite inshingano zo kubahiriza gahunda za leta, kandi dufatanyije iterambere riratugeraho vuba."

Minisitiri Kabarebe avuga Imbaraga ziva mu gufatanya no gukorera hamwe ari umuco mwiza wo gukomeza kuko bitanga amahoro bigatuma igihugu gitera imbere.

Zimwe mu mbuto z'ibirayi zatewe
Zimwe mu mbuto z’ibirayi zatewe

Minisitiri w’ingabo yifatanyije n’abaturage gutera imbuto y’ibirayi ku butaka butunganyijweho amaterasi ya hegitari 20. Izo hegitari zizaterwaho Toni 40 z Ibirayi zikazatanga umusaruro wa Toni 500.

Ni mu mirima ihanamye, abaturage bavuga ko ntacyo bezaga ariko barizera ko amaterasi yakozwe n’inkeragutabara azatanga umusaruro bashingiye ko isuri itazongera kubatwarira Ubutaka, kandi bagiye kuzajya bakoresha inyongera musaruro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

kutaba umusirikari nuguhomba narabyifuje narabibuze nbr zanjye0783519450 bishobotse naza mukantoza uwo mutima mwiza
murakoze

theo yanditse ku itariki ya: 26-04-2018  →  Musubize

Abanditsi ba Kigali to day, muraho neza? turabashimira ku makuru mutugezaho arko by, umwihariko dushimira Umugaba w, ikirenga ku bikorwa by, iterambere atugezaho.

Kubwimana Jacques yanditse ku itariki ya: 21-04-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka