Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
Mu nama yahuje abahagarariye urubyiruko rwo mu muryango wa Commonwealth ndetse na bamwe mu bakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma bitabiriye CHOGM i Kigali, Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rutihariye ibibazo, ahubwo hari n’ibyo ruhuriraho n’abakuze.
Iyi nama izwi nka Intergenerational dialogue, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Kamena 2022, ibaye ku nshuro ya karindwi, ikaba kandi yitabiriwe n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango wa Commonwealth, Minisitiri w’Intebe wa Canada na Perezida wa Seychelles.
Perezida Kagame yashimiye abayobozi b’ibihugu batandukanye bitabiriye iyo nama, ndetse ashima n’urubyiruko rwaje kugaragaza bimwe mu bibazo n’imbogamizi, bikibangamiye iterambere n’imibereho myiza yabo.
Yijeje urwo rubyiruko ko bimwe mu bibazo bagaragaje birimo ubusumbane ku kugera ku ikoranabuhanga, ikibazo cy’ihindagurika ry’ikirere, ubushomeri n’ibindi, byose bigomba gushyirwamo imbaraga n’Abakuru b’Ibihugu byo muri Commonwealth, bagakorera hamwe mu gushaka ibisubizo.
Yagize ati “Ikintu cy’ingenzi kurusha ibindi ni ugukorera hamwe, yaba abato n’abakuru. Ntabwo bigomba kuba buri gihe ibibazo by’urubyiruko gusa cyangwa abakuze, hari bimwe twese duhuriyeho. Ni yo mpamvu ari ingenzi ngo dukorere hamwe.”
Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko ibibazo urubyiruko rwo muri Commonwealth rwagaragaje abyumva cyane, kuko 71% by’abatuye u Rwanda ari urubyiruko, bituma ibibazo byose bavuze afite icyo abiziho.
Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, nawe wari witabiriye iyo nama, yashimangiye ko urubyiruko rugomba kugira uruhare rutaziguye muri politiki n’imyanya ifata ibyemezo muri Commonwealth.
Ati “Dukeneye ko mukora kugira ngo mubigereho, natwe tugomba kumenya neza ko tubashyigikiye, tukabatera imbaraga uko dushoboye”.
Perezida Wavel Ramkawalan wa Seychelles, yavuze ko urubyiruko kugeza uyu munsi rutariyumva muri Politiki, bigatuma rugenda rwitandunya nayo.
Ati “Impamvu iroroshye, ntibumva ko hari ikintu muri politiki kibareba, ntibabasha kumva ko ibyo abayobozi bavuga bababwira, bigatuma benshi bumva ko batatekerejweho”.
Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, yashimiye abahagarariye urubyiruko rwo muri Commonwealth, bagaragaje impungenge zitandukanye kuri bagenzi babo, anabizeza ko uwo muryango wiyemeje guhindura ejo hazaza habo.
Biteganijwe ko Pakisitani ariyo izakira inama ya 10 y’Abaminisitiri b’urubyiruko muri Commonwealth, muri Mutarama 2023.
Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
- #CHOGM2022: Uko imihanda ikoreshwa kuri uyu wa 23 Kamena 2022 i Kigali
Ohereza igitekerezo
|