Huye: Abamotari barifuza ko parikingi za moto zagurwa
Abamotari bakorera mu Karere ka Huye barifuza ko bazahabwa aho guhagarara igihe bategereje abagenzi hagari, kugira ngo babashe gusiga umwanya uhagije hagati yabo, mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.
- Barasaba ako aho bahagarara hazagurwa
Iki gitekerezo bakigejeje ku buyobozi bwa koperative bibumbiyemo ndetse n’ubw’Akarere ka Huye, mu nama bagiranye n’inzego z’umutekano kuwa gatandatu tariki 30 Gicurasi 2020.
Iyi nama yari iyo kugira ngo bamenyeshwe amabwiriza bazagenderaho ubwo bazaba basubiye ku kazi, kuwa mbere tariki ya 1 Kamena 2020.
Blaise Nkurunziza watanze iki gitekerezo, yagize ati “Muri gare tunigana cyane na za taxis voitures. Ziriya parikingi zizagurwe”.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yavuze ko iki kibazo kizakemurwa kuwa mbere, ko bazabirebera hamwe n’abamotari ndetse na ba nyiri gare.
Mu bindi abamotari bifuje kugira ngo bazabashe kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, harimo ko aho bahagarara bategereje abagenzi hose hashyirwa kandagirukarabe.
Uwagaragaje iki gitekerezo, yagize ati “Hari igihe ujya ahantu hari ivumbi, intoki zikandura. Nifuzaga ko ku maparikingi yacu haba kandagirukarabe kugira ngo igihe ufite umwanda mu ntoki ubashe gukaraba, bityo tujye tubasha kwifashisha na alcool. Kandi kuyifashisha intoki zanduye ntabwo bikuraho umwanda”.
Valens Nsengiyumva we yavuze ko mbere y’uko Guma mu rugo itangira hari abari baraguze alcool nyinshi yo kwifashisha mu gusukura intoki, kandi ko bari baguze nyinshi ku buryo bayigendana yose.
- Abamotari b’i Huye barifuza ko aho bahagarara bategereje abagenzi hazagurwa kugira ngo bajye babasha guhana intera
Ati “Ese ko twayitwazaga mu gacupa ka glyceline, kuko inyinshi yabaga yasigaye mu rugo, ubwo ntabwo bizateza ikibazo kuba turi kwifashisha alcool itari mu gacupa kaguriwemo alcool nyayo”?
Umuyobozi w’Akarere ka Huye Ange Sebutege, yavuze ko hari uducupa dutoya tw’umuti wo gusukura intoki tuboneka mu mafarumasi, kandi ko uwakaguramo umuti rimwe yajya agenda asukamo undi.
Yunzemo ati “Gusa ntihazagire ukagura rimwe, hanyuma ubundi yuzuzemo amazi. Nukagura uzabikorere kugira ngo kakurinde, karinde n’uwo ugiye gutwara”.
Abamotari banifuje kumenya niba amabwiriza yo gutaha saa tatu azakomeza kubahirizwa na bo basubiye mu kazi, cyangwa niba bazongera kuzajya bakora bakageza igihe bashaka nka mbere.
Abamotari basobanuriwe ko kugeza ubu amabwiriza ariho avuga ko abantu bakwiye kuba batashye saa tatu, kandi ko kugeza ubu atarahinduka.
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na #COVID19, abakize ni 150
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, abakize ni icyenda
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 60, abarembye ni 8
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na COVID-19, abarembye ni 11
- Abanyeshuri bose bazajya mu biruhuko tariki 02 Mata 2021
- RBC na Kaminuza y’u Rwanda bagiye gukusanya amakuru azafasha mu kumenya icyerekezo cya Covid-19
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 136, abakize ni 23
- U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno
- Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- #COVID19: Habonetse abanduye bashya 118, abakirwaye bose hamwe ni 925
- Ghana ibaye Igihugu cya mbere gihawe inkingo muri gahunda y’inkunga ya COVAX
- Hari ibigo byanze kwimura abana b’incuke, ntibyashimisha ababyeyi
- Perezida Kagame ashyigikiye umuyobozi wa OMS wanenze ibihugu bikize byiharira inkingo
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na COVID-19, abakize ni 259
- Joe Biden yababajwe n’Abanyamerika basaga ibihumbi 500 bamaze kwicwa na Covid-19
- Mu Rwanda abagabo batatu bishwe na COVID-19
- Perezida Magufuli noneho yemeye ko igihugu cye gifite ikibazo cya Covid-19
- Muhanga: Resitora zabujijwe kugurisha inzoga hirindwa Covid-19
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19 hakira 206
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Nibyo koko abo bamotari b’ihuye , nibagurirwe iyo parking kugirango birinde covd 19.Bahana intera ya 1m bakaraba intoki na alcool.