Hakwiye kujyaho uburyo bwo kurinda imitungo y’abagizwe incike na Jenoside - Mme Jeannette Kagame

Madamu Jeannette Kagame yasabye ko hashakwa uburyo imitungo y’abakecuru n’abasaza bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabungabungwa.

Madame Jeanette Kagame ashima ubutwari bw'Intwaza
Madame Jeanette Kagame ashima ubutwari bw’Intwaza

Abo bacekuru n’abasaza bahekuwe na Jenoside bitwa"Intwaza", bagiye batuzwa mu hamwe kugira ngo bashobore kwitabwaho mu masaziro .

Benshi muri bo basize imitungo idafite uyicunga, none hari impungenge ko yazangizwa cyangwa igakoreshwa nabi.

Madame Jeannette Kagame yakomeje kuba ku isonga mu gukora ubuvugizi kuri izo Ntwaza. Kuri ubu aratangaza ko bikwiye ko hajyaho uburyo bwo gucunga iyo mitungo.

Madame Jeanette Kagame yavuze ko imitungo y'aba babyeyi bagizwe incike na Jenoside ikwiye kurindwa
Madame Jeanette Kagame yavuze ko imitungo y’aba babyeyi bagizwe incike na Jenoside ikwiye kurindwa

Ibyo yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki 3 Nyakanga 2018, ubwo yatahaga inzu yubakiwe abo babyeyi mu Karere ka Bugesera.

Yagize ati ”Dutekereze uburyo izo mpungenge twazibamara, hashyirweho urwego ruhuza abafatanyabikorwa batandukanye basanzwe babitaho.

“Urwo rwego rwadufasha gukurikirana iyo mitungo kugira ngo itangirika cyangwa igakoreshwa nabi n’abari abaturanyi babo.”

Ku ikubitiro abamaze gutaha muri izo nzu basaga gato 40 ariko zifite ubushobozi bwo kwakira abarenga 80.

Madame Jeanette Kagame yatashye inzu nshya ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 80
Madame Jeanette Kagame yatashye inzu nshya ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 80

Bellancille Bagirinka, umwe muri abo bakecuru, avuga ko gushyirwa hamwe byabahaye icyizere.

Ati “Twageze mu ijuru rwose! Turarya tutatetse, baradukarabya, turambaye inkweto.

Ubu tugiye kujya dukubita igitwenge, nyuma ducinye umudiho tubyine.”

Mukabayire Valerie, Umuyobozi w’umuryango Avega Agahozo, wita ku Bapfakazi ba Jenoside, yavuze ko abo babyeyi ari abo gushimirwa kubera uko bakomeje gutwaza gitwari mu buzima bugoye babayemo bwo kubaho nta bana.

Ati ”Ukwihangana bagize kubagejeje ku byiza nk’ibi.Baratwaje bikomeye,hashize imyaka 24 bihanganye.”

Uyu mukambwe na we ari mu Ntwaza
Uyu mukambwe na we ari mu Ntwaza

Uretse inzu enye zo guturamo, zigomba kwakira abantu 80, kuri iyo nzu yiswe Impinganzima,hubatswe n’inzu mberabyombi izajya yakira inama n’ibindi birori, inzu y’igorofa yagenewe ubucuruzi n’ishami ry’ikigonderabuzima, byose bizafasha abo bakecuru mu mibereho yabo myiza.

Muri rusange mu gihugu hose hamaze kubwakwa inzu 10 ziswe “Impinganzima”, yamaze kwakira abageze mu zabukuru 134.

“Intwaza” ni ryo zina ryahawe ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubu bamaze kugera mu za bukuru.

Iyo ni yo nzu yatashywe
Iyo ni yo nzu yatashywe
Hari n'ivuriro rizajya ribafasha
Hari n’ivuriro rizajya ribafasha
Iyo nzu y'ubucuruzi na yo izajya ibyara inyungu zifasha mu mibereho y'aba babyeyi
Iyo nzu y’ubucuruzi na yo izajya ibyara inyungu zifasha mu mibereho y’aba babyeyi

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka