Guverinoma yifatanyije n’imiryango yabuze ababo kubera ibiza

Inama y’abaminisitiri yabaye taliki 31/10/2012 yifatanyije n’Abanyarwanda babuze ababo mu turere twa Kicukiro, Rusizi, Rubavu na Rutsiro kubera ibiza byabibasiye bitewe n’imvura yaguye taliki 30/10/2012.

Abaminisitiri basabye serivisi zibishinzwe zihutisha ubutabazi, baboneraho gusaba inzego zose gukangurira abantu uburyo bwo kwirinda ibiza.

Uretse kuba ibyo biza byaratwaye ubuzima bw’abantu, byangije n’imitungo y’abaturage n’iya Leta ku buryo ibyinshi bigomba kongera gusanwa.

Mu karere ka Rubavu, Ibiza byinshi biterwa n’amazi yayobowe nabi akaba aca mu mazu y’abaturage.

Hari aho amazi yayobowe mu ngo z’abaturage na sosiyete ya Strabag ikora imihanda none abaturage barasaba kwishyurwa ibyabo byangiritse.

Mu karere ka Rubavu kandi abaturage barasaba ko bakongera guhinga insina kuko zifata amazi cyane kuruta urubingo basigaye bahinga. Ngo mbere bagihinga insina ntihabonekaga ibiza nk’ibiboneka ubu.

Sylidio Sebuharara

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka