“Gutera imbere ntibiza nk’ibitangaza ahubwo birakorerwa” – Perezida Kagame

Ubwo yafunguraga ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cya gahunda zigamije kuzamura ubukungu no kurwanya ubukene (EDPRS II), Perezida Kagame yavuze ko gutera imbere bitizana ahubwo bijyana no gukora ndetse no guhanga udushya tuganisha ku iterambere.

Mu muhango wabereye muri Serena Hotel i Kigali uyu munsi tariki 07/02/2012, Perezida Kagame yavuze ko ibyagezweho byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe ku bufatanye bw’Abanyarwanda n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu iterambere.

Yagize ati “Ubushakashatsi bwamuritswe bwagaragaje ubushake bwacu mu gushyiraho politiki zizamura ubukungu.”

Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza EDPRS II
Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza EDPRS II

Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko zimwe muri politiki zagiriye akamaro cyane abaturage harimo Umurenge VUP, Icyerekezo 2020, Umuganda na Gahunda ya Gira Inka Munyarwanda. Izi politike zatumye Abanyarwanda bifuza ko hakomeza guhwanga izindi gahunda nk’izo.

Perezida Kagame yongeyeho ko hakiri inzitizi nyinshi kugira ngo intego z’Icyerekezo 2020 zigerweho. Ubushakashatsi bwakozwe bwerekana ko hari ahagomba gushyirwamo ingufu, ndetse na EDPRS II izafasha mu kwerekana ahandi hakeneye ingufu.

Abagenerwabikorwa bakoreweho ubushakashatsi nabo bari bahibereye
Abagenerwabikorwa bakoreweho ubushakashatsi nabo bari bahibereye

Perezida Kagame kandi yatangaje ko kongera ubumenyi no kugeza ingufu z’amashanyarazi mu gihugu hose ari bimwe mu bizafasha kwihutisha kugera ku ntego z’icyerekezo 2020.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nice Pics. Keep it up.

Rwanda yanditse ku itariki ya: 7-02-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka