Gukoresha inyandiko zerekana serivise zitangwa mu bigo bya Leta bizihutisha akazi

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’inyandiko zikubiyemo serivisi zigenerwa abaturage mu bigo bya Leta na za Minisititeri. Izo nyandiko zitezweho kunoza itangwa rya serivisi zigenerwa abaturage no kwihutisha akazi.

Muri uyu mushinga, buri kigo cya Leta na Minisiteri bisabwa gushyira ahantu hagaragara inyandiko zerekana serivise bitanga n’uburyo bwo kuzibona ku buryo buri muntu wese uje agana icyo kigo ayibona bitamugoye.

Izi nyandiko zikubiyemo buri serivisi umuturage yemerewe muri buri kigo cya Leta n’ibyo asabwa kugira ngo ayihabwe, ku buryo nyir’ugusaba serivisi amenya aho aza agana.

Atangiza ku mugaragaro ikoreshwa ry’izo nyandiko uyu munsi tariki 16/02/2012, Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Anastase Murekezi, yavuze ko ari inshingano za buri kigo gukoresha izo nyandiko, kuko ntacyo zaba zimaze zidakoreshwa n’ubwo zaba zikoze neza.

Minisitiri Murekezi yagize ati “Twasanze mu kunoza imikorere yacu izo nyandiko zigomba kujya zikoreshwa.” Yatanze urugero ku kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka cyabashije kunoza serivise kubera kuzikoresha.

Igice cy'inyandiko cyerekana serivise zitangwa n'ikigo gishinzwe abinjira n'abasohoka n'ibyo umuntu asabwa ngo azihabwe
Igice cy’inyandiko cyerekana serivise zitangwa n’ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka n’ibyo umuntu asabwa ngo azihabwe

Kugeza ubu inyandiko 90 nizo zamaze gutegurwa, hakaba hasigaye izindi 50 nazo zigomba kuba zarangiranye n’uyu mwaka, nk’uko Minisitiri Murekezi yakomeje abitangaza.

Minisitiri Murekezi kandi yagaye ibigo byitwaza ubuswa bw’abakozi mu gusobanura imicungire mibi y’umutungo mu bigo byabo, nyamara mu gihe cy’igenzura bagaha abakozi babo amanota arenze 90% y’imyitwarire myiza mu kazi.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka