Gukorera abaturage ni yo mpamba Perezida Kagame yahaye abayobozi barahiye

Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa abayobozi barimo n’abaminisitiri barahiye ko akazi ka mbere gakomeye bafite ari ugukorera abaturage kandi bakazamura n’imibereho yabo.

Perezida kagame avuga ko akazi ka mbere k'abayobozi ari ugukorera abaturage
Perezida kagame avuga ko akazi ka mbere k’abayobozi ari ugukorera abaturage

Yabitangaje ubwo yakiraga indahiro z’abagize guverinoma bashya n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2018.

Mu ijambo rye aho yagarutse ku kamaro rwo kongera amaraso mashya muri Guverinoma, Perezida Kagame yasobanuye ko abayobozi bashya bashyiraho kugira ngo umurimo wo gukorera abaturage urusheho kunozwa.

Yagize ati “Kubaka igihugu, kongera ubukungu no kuzamura imibereho y’abaturage ni umurimo uhoraho. Uwo murimo wo gukorera abaturage usaba igihe cyose imbaraga, ibitekerezo n’imikorere myiza ijyanye n’igihe tugezemo.”

Perezida Kagame yavuze ko adashidikanya ko abayobozi bashya hari ibyo bazanye kandi bizunganira intego y’u Rwanda. Yabasabye gukorera hamwe kuko ari byo bizageza u Rwanda ku musaruro rwifuza.

Soraya Hakuziyaremye, warahiriye kuyobora Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda (MINICOM)
Soraya Hakuziyaremye, warahiriye kuyobora Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM)
Paula Ingabire warahiriye kuyobora Minisiteri y'Itumanaho, Ikoranabuhanga na Tekinoloji ndetse no guhanga udushya (MICTI)
Paula Ingabire warahiriye kuyobora Minisiteri y’Itumanaho, Ikoranabuhanga na Tekinoloji ndetse no guhanga udushya (MICTI)
Albert Murasira warahiriye kuyobota Minisiteri y'Ingabo (MINADEF)
Albert Murasira warahiriye kuyobota Minisiteri y’Ingabo (MINADEF)
 Solina Nyirahabimana warahiriye kuyobora Minisiteri y'Uburinganire n'Umuryango (MIGEPROF)
Solina Nyirahabimana warahiriye kuyobora Minisiteri y’Uburinganire n’Umuryango (MIGEPROF)
Richard Sezibera warahiriye kuyobora Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane (MINAFFET)
Richard Sezibera warahiriye kuyobora Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET)
Anastase Shyaka warahiriye kuyobora Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu (MINALOC)
Anastase Shyaka warahiriye kuyobora Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC)
DCG Dan Munyuza warahiriye kuyobora Urwego rwa Polisi y'Igihugu
DCG Dan Munyuza warahiriye kuyobora Urwego rwa Polisi y’Igihugu

Amafoto: Plaisir Muzogeye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka