Gicumbi: Imiryango 2457 ituye muri high risk zones barashakirwa aho bazimurirwa

Abanyagicumbi batuye ahacukurwa amabuye n’imicanga, mu bishanga, ku manga ndetse no kumanegeka y’inzira cyangwa hejuru ku musozi (ahitwa high risk zones) bakomeje kubarurwa mu mirenge yose igize akarere ka Gicumbi ngo bashakirwe aho bimurirwa heza.

Umukozi ushinzwe imiturire mu karere ka Gicumbi, Nyakagabo Emile, atangaza ko icyegeranyo cyakozwe n’ikipe n’abashinzwe imiturire, Ingabo, Polisi ndetse n’abaturage; basanze mu karere ka Gicumbi imiryango 2457 ituye ku buryo ishobora kugerwaho n’ibiza biturutse kuri iyo miturire.

Inzu iri muri high risk zone.
Inzu iri muri high risk zone.

Iyo miryango igomba kwimurwa ku buryo bwihuse, kuko mu bihe by’imvura bahora bahangayikishijwe n’uko ishobora kubatwara. Ubuyobozi buzagenera ubufasha iyi miryango hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe babarizwamo n’ubushobozi bwa bo.

Mu nkunga zizatangwa, harimo kubashakira ibibanza, kubaha amabati, no kubaha umuganda wo kububakira.

Igikorwa cyo kubimura kiri kwigwaho n’ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi kuburyo n’abatuye munsi yi’inzira cyangwa munsi y’umuhanda nabo bashobora kuzimurwa igihe hakozwe inyigo bagasanga hateza impanuka.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka